Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

February 14, 2020

Rubavu: Abahinzi bijejwe ubufatanye n’akarere ubwo Hatangizwga igihembwe cy’ihinga cya 2020 umwaka B kumugaragaro.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu arizeza abahinzi ko Bazakomeza gutanga ubufasha bwose bushoboka kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wiyongere kurushaho. Ibi yabivugiye mu mu muhango ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2020 B murenge wa Nyamyumba mu kagali ka Burushya. 
    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye 
itangizwa ry'igihembwe cy'ihinga 2020 B

N’igikorwa cy’itabiriwe, n’abakozi b'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), inzego z'umutekano zikorera mu Karere, abakozi b'umushinga Hinga Weze n'abaturage b'umurenge wa Nyamyumba biganjemo abahinzi b’umumwuga bibumbiye mu mashyiramwe, ahatewe imbuto y'ibigori by’indobanure,

Bayingana Ligobert, umuyobozi w’ishami ry’ubuhinzi mu karere, avuga ko igihembwe cy’ihinga cya 2020 bakomeje gutegura iki gihembwe no gukurikirana hirya no hino abahinzi babafasha kugirango ibiri no mu muhigo bizagerweho, hagamijwe kongera imbaraga mu ishyirwamubikorwa rya Gahunda mpinduramatwara mu buhinzi.

Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, ubwo yageza
 ubutumwa kubaturage b'umurenge wa Nyamyumba
Abahinzi, bavuga ko biteguye kandi bizeye umusaruro uzava muri iki gihembwe kuko bashimira uko bakoranye n’akarere mu buhinzi bwabo aho begerejwe Abacuruza inyongeramusaruro, imbuto n’ifumbire basobanura ko zahageze kare bityo ko nta na kimwe kizatuma umusaruro utiyongera muri iki gihembwe cy’ihinga.
Nyuma yo kwibutswa ko akarere kashyizeho abacuruzi b’inyongeramusaruro, abahinzi biyemeje gukorana biyandikisha muri Gahunda ya nkunganire nk’umwe mu myanzuro y’inama yo kwa 6/02/2020 yahuje abakora umwuga w’ubuhinzi n’ubuyobozi bw’akarere  uvuga ko hazabaho Kongera ubukangurambaga bwa Smart Nkunganire kugira bitarenze ukwezi kwa Gashyantare 2020, abahinzi bose bazabe bariyandikishije muri Smart Nkunganire.
Raporo y’ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ivuga ko ubuhinzi ari inkingimwamba y’ubukungu bw’igihugu aho butanga 33% by’’umusaruro mbumbe w’igihugu na 80% y’ababuboneramo akazi ugereranyije n’indi mirimo ikorwa mu gihugu.

ifoto y'umuyobozi w'akarere, Ubwo hategurwaga imbuto y'ibigori




















Camarade MUHIRE


February 7, 2020

RUBAVU: Aborozi n'abahinzi bo mu murenge wa Mudende bakanguriwe gushyira inka zabo mu bwishingizi.

Mu murenge wa Mudende ho mu karere Rubavu kubufatanye n'ubuyobozi bw'umurenge na Prime insurence, hatangijwe gahunda yo guha ubwishingizi  inka muri gahunda ya Leta kubufatanye na minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi (MINAGRI) yo guha ubwishingizi Bw'ibihingwa n'amatungo yatangiye 2018.

N'umuhango wayobowe n'umukozi wa MINAGRI mu turere twa Rubavu, karongi , na Rutsiro arikumwe n'ubuyobozi bw'umurenge, inzego z'umutekano zikorera muri uyu murenge.







Inka zahawe ubu bwishingizi zambwitswe iherena ry'ikoranabuhanga rizafasha ikurikiranwa ryazo aho zizaba ziri hose, mu rwego rwo kuzirinda no kuzikurikirana mu mibereho n'imyororokere yazo

NYIRAGUMIRIZA Everine avuga ko yishimiye ubwishingizi yahawe, abibona nk'amahirwe adasanzwe aho azaba yemerewe kujya muri banki maze kwaka inguzanyo kuko yumva afite ingwate:  yagize ati: "Ndashimira cyane iyi gahunda, nkubu najemo kuko nteganya kuba naguza amafaranga muri banki nkikorera ubuhinzi, cyangwa ubundi bworozi, yanamfasha no kwishyura ishuri ry'umwana wanjye..."

UGIRIRABINO Elizaphan, umunyamabanganshingwabikorwa w'umurenge wa Mudende yashimiye cyane iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi ku matungo n'ibiribwa by'umwihariko ko ari iterambere ryegerejwe abaturage bo mu murenge ayobora, yashishikarije abahinzi n'aborozi kuzitabira ubu bwishingizi kuko ari ukwizigamira bitanga igisubizo ku bishobora kubabera imbogamizi mu buhinzi n'ubworozi bwabo

Ubwishingizi bwatanzwe kuri iz' inka, nubuzagoboka banyirazo  mu burwayi, ibyorezo, n'impanuka zishobira kubaho.

Rwema Justin, umukozi wa Minagri wari muri iki gikorwa yasobanuriye abaturage amavu n'amavuko y'iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi yiswe " Tekana urishingiwe muhinzi Mworozi" avuga ko yaje ije  kumara impungenge abaturage bakora uyu mwuga byakijyambere no gukemura ibibazo by'ugarije ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda

yasabye abaturage gukomeza gukorana n'abaveterineri babasobanuza ibyo batumva  mu rwego rwo gufatanya kugirango hakorwe  ubworozi n'ubuhinzi bikozwe kinyamwiga hiyongera umusaruro.

Ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo ku rwego rw'akarere ka Rubavu bwatangiriye mu murenge wa Rubavu, ni mugihe mu murenge wa Mudende, habarurwa aborozi ibihumbi 2816. naho inka 23 nizo zahawe ubwishingizi ku ikubitiro.
biteganyijwe ko ubukangurambaga buzakomereza mu bahinzi, aborozi n'abandi bafite aho bahuriye n'uyu mwuga  kugirango iyi gahunda igere kuri bose.

Twandikire

Name

Email *

Message *