Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

March 6, 2020

URUKUNDO: Dore ibintu 10 bizagufasha wowe n'umukunzi wawe muri mu rukundo

Burya mu rukundo, bisaba ibintu byinshi abakundana baba bagomba kwitwararika kugira ngo urukundo rwa bo rurambe ndetse n’abandi babe bagira icyo babigiraho nubwo bigoye kwigana ingendo y’undi.

Uyu munsi ndashaka ku kubwira nifashishije imbuga n'abahanga mu by'urukundo, imitekerezereze ya muntu n'abandi bavuga. Ngaruke no kuri bimwe mu byo umuntu ufite umukunzi, yaba umuhungu cyangwa umukobwa aba agomba kwitondera kugira ngo adatakaza uwo bakundana.

1. Kubabarira & Kwihanganirana

Iki ni ikintu gikomeye cyane mu rukundo. Kurya nta zibana zidakomana amahembe, kubabarira ni ingingo y’ingenzi mu rukundo kugirango rurambe, bikaba bigoboka abakundana igihe habayeho kubwirana nabi no kugira ibyo mupfa.
Kubabarira no kwihanganirana bituma murushaho kubana neza, kandi bikagarura ikizere hagati yanyu.

2.Guhitamo igihe cyiza:

Igihe ni ikintu cy’ingenzi mu buzima bw’abantu bwa buri munsi. Ni yo mpamvu guteganya igihe cyanyu mu bikorwa byanyu bya buri munsi, mukishyiriraho icyo bita ingengabihe (horaire) mu minsi yose, bibafahsa kugera ku ndoto zanyu. Aha ariko mukibanda cyane ku kintu cyo guhana umwanya wo kuganira, wo gutembera ndetse no kwibutsanya ibintu bimwe na bimwe byabashimishije kuva mukimenyana.

3.Kuganira :

Kuganira ni ikintu cy’ingenzi cyane mu gutuma couple yanyu ikomera, umwe akareka kwigunga ukwe ahubwo buri wese akabwira undi ikimubabaza, akamubwira uburyo abona ibintu, akamwereka ibitamushimisham kandi biba iby’ingenzi cyane no gutega matwi uwo murimo muganira. Aha bikava ku kuba muri rusange abagabo bazwiho kuvuga make, naho abagore bakavuga menshi, iyo wumva udashaka kurondogora byinshi biba byiza iyo uteze amatwi, nabyo birafasha.

4.Kwirinda kubwirana nabi igihe muganira :

Kuganira no kubwirana nabi biratandukanye, kandi nta muntu wifuza kubwirwa nabi. Ni byiza rero kwishyira mu mwanya wa mugenzi wawe ugakomeza guharanira ko ahorana akanyamuneza wirinda kumubwira nabi.

5 .Kubwirana ko mukundana:

Hari igihe umukunzi wawe aba afite ibyo agutekerezaho bitari byiza, bityo kumubwira ko umukunda bikaba byabimwibagiza. Hari igihe nanone umukunzi wawe aba agishidikanya, maze kumubwira kenshi ko umukunda bikamuha icyizere gihamye cy’urukundo umukunda. Uretse ibi kandi, urukundo rukeneye guhora rwuhirwa rubagarirwa, niyo mpamvu igikoresho cyiza cyane kandi cy’ingenzi gishoboye ako kazi ari ukubwira umuntu ko umukunda.

6.Kwandikirana amagambo meza kandi atuje :

Kera byahozeho, aho akabaruwa k’umukunzi umuntu yakagendanaga iteka. Ubu kwandikirana ku mpapuro ntibigikunda kubaho, ariko kandi amagambo meza y’urukundo ushobora kuyamwandikira ukoresheje sms, e -mail, cyangwa se n’ibaruwa isanzwe, ibi bikamufasha kumwereka ko aho uba uri hose umutekereza.

7. Guhoberana no Gusezeranaho:

Iki ni ikimenyetso cy’uko ukunda umuntu, bityo ukareka kubyihererana ukabimwereka. Nta mpamvu yo kudahobera umukunzi wawe igihe ugiye kumuva iruhande, haba kujya ku kazi cyangwa se ahandi, ndetse n’igihe ugarutse. Ibuka kuba ariwe ubanza mbere y’abandi usanze mu rugo bose.

8. Gutemberana:

Igihe mwatemberanye n’umukunzi wawe cyangwa se muri kumwe: Burya ngo ni inkingi ikomeye yo gukomeza urukundo rwanyu. Nimujya gutembera umwe akagendera muri metero nyinshi mufite isoni zo kwegerana, icyo gihe muzamenye ko urukundo rwanyu rurimo gucumbagira.

9. Gutungurana:

Gutungurana cyangwa se surprise, ni byiza cyane kuko byereka umukunzi wawe ko atagutekereza gusa iyo muri kumwe ko ahubwo niyo umuri kure agutekereza bityo akakugenera impano zitandukanye kandi zinatunguranye. Izi mpano ntibisaba ko ziba zihenze, ni impano umuntu wese ashobora kubona ku rwego rwe. Urugero, igihe uguriye umugore wawe sambusa ukayimuha ku giti cye utayihaye abana, cyangwa se n’abana ukaba wabageneye izabo ukwabo, burya iyi nayo iba ari impano itunguranye kandi yereka uwawe ko umuhoza ku mutima aho ugenda hose.

10. Siporo:

Iki nacyo kiri mu byatuma couple yanyu irushaho gukundana kuko nk’urugero iyo mwirukankana hamwe (course) bituma murushaho kuba hamwe kandi niba uri umukobwa bikereka incuti yawe ko ushaka kugumana ya taille yakumenye ufite ukaba ushaka kutayita bityo nawe akarushaho kugukunda. Gusa, ibi ntibivuga ko gukora sport bizatuma ya taille utayota byanze bikunze. Ariko nibura nawe aba abona ko ntako utagize.

Urukundo nkuko tubibonye, nibikintu kizana buhoro buhoro, ntamuntu ushobora guhatiriza gukunda cg gukundwa ariko twabonye ko hari uburyo wakitwara, wavuga, wakora, wanahindura mu buzima bwawe maze ugakunda kandi ugakundwa. Kwihangana no kwakira ibintu ibyari byo naryo ni ibanga abantu bashobora kugenderaho, kuko uzasanga kenshi urukundo rutumvukanyweho cg rutunguranye, rurimo amategeko, kwiyenzanyaho bishaka impamvu zitumvikana n'ibindi.  Mubintu 10 twabonye, ubizirikana wese ashobora gutuma umukunzi amukunda kandi akamufasha kugera ku ndoto ze.

February 14, 2020

Rubavu: Abahinzi bijejwe ubufatanye n’akarere ubwo Hatangizwga igihembwe cy’ihinga cya 2020 umwaka B kumugaragaro.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu arizeza abahinzi ko Bazakomeza gutanga ubufasha bwose bushoboka kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wiyongere kurushaho. Ibi yabivugiye mu mu muhango ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2020 B murenge wa Nyamyumba mu kagali ka Burushya. 
    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye 
itangizwa ry'igihembwe cy'ihinga 2020 B

N’igikorwa cy’itabiriwe, n’abakozi b'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), inzego z'umutekano zikorera mu Karere, abakozi b'umushinga Hinga Weze n'abaturage b'umurenge wa Nyamyumba biganjemo abahinzi b’umumwuga bibumbiye mu mashyiramwe, ahatewe imbuto y'ibigori by’indobanure,

Bayingana Ligobert, umuyobozi w’ishami ry’ubuhinzi mu karere, avuga ko igihembwe cy’ihinga cya 2020 bakomeje gutegura iki gihembwe no gukurikirana hirya no hino abahinzi babafasha kugirango ibiri no mu muhigo bizagerweho, hagamijwe kongera imbaraga mu ishyirwamubikorwa rya Gahunda mpinduramatwara mu buhinzi.

Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, ubwo yageza
 ubutumwa kubaturage b'umurenge wa Nyamyumba
Abahinzi, bavuga ko biteguye kandi bizeye umusaruro uzava muri iki gihembwe kuko bashimira uko bakoranye n’akarere mu buhinzi bwabo aho begerejwe Abacuruza inyongeramusaruro, imbuto n’ifumbire basobanura ko zahageze kare bityo ko nta na kimwe kizatuma umusaruro utiyongera muri iki gihembwe cy’ihinga.
Nyuma yo kwibutswa ko akarere kashyizeho abacuruzi b’inyongeramusaruro, abahinzi biyemeje gukorana biyandikisha muri Gahunda ya nkunganire nk’umwe mu myanzuro y’inama yo kwa 6/02/2020 yahuje abakora umwuga w’ubuhinzi n’ubuyobozi bw’akarere  uvuga ko hazabaho Kongera ubukangurambaga bwa Smart Nkunganire kugira bitarenze ukwezi kwa Gashyantare 2020, abahinzi bose bazabe bariyandikishije muri Smart Nkunganire.
Raporo y’ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ivuga ko ubuhinzi ari inkingimwamba y’ubukungu bw’igihugu aho butanga 33% by’’umusaruro mbumbe w’igihugu na 80% y’ababuboneramo akazi ugereranyije n’indi mirimo ikorwa mu gihugu.

ifoto y'umuyobozi w'akarere, Ubwo hategurwaga imbuto y'ibigori




















Camarade MUHIRE


February 7, 2020

RUBAVU: Aborozi n'abahinzi bo mu murenge wa Mudende bakanguriwe gushyira inka zabo mu bwishingizi.

Mu murenge wa Mudende ho mu karere Rubavu kubufatanye n'ubuyobozi bw'umurenge na Prime insurence, hatangijwe gahunda yo guha ubwishingizi  inka muri gahunda ya Leta kubufatanye na minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi (MINAGRI) yo guha ubwishingizi Bw'ibihingwa n'amatungo yatangiye 2018.

N'umuhango wayobowe n'umukozi wa MINAGRI mu turere twa Rubavu, karongi , na Rutsiro arikumwe n'ubuyobozi bw'umurenge, inzego z'umutekano zikorera muri uyu murenge.







Inka zahawe ubu bwishingizi zambwitswe iherena ry'ikoranabuhanga rizafasha ikurikiranwa ryazo aho zizaba ziri hose, mu rwego rwo kuzirinda no kuzikurikirana mu mibereho n'imyororokere yazo

NYIRAGUMIRIZA Everine avuga ko yishimiye ubwishingizi yahawe, abibona nk'amahirwe adasanzwe aho azaba yemerewe kujya muri banki maze kwaka inguzanyo kuko yumva afite ingwate:  yagize ati: "Ndashimira cyane iyi gahunda, nkubu najemo kuko nteganya kuba naguza amafaranga muri banki nkikorera ubuhinzi, cyangwa ubundi bworozi, yanamfasha no kwishyura ishuri ry'umwana wanjye..."

UGIRIRABINO Elizaphan, umunyamabanganshingwabikorwa w'umurenge wa Mudende yashimiye cyane iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi ku matungo n'ibiribwa by'umwihariko ko ari iterambere ryegerejwe abaturage bo mu murenge ayobora, yashishikarije abahinzi n'aborozi kuzitabira ubu bwishingizi kuko ari ukwizigamira bitanga igisubizo ku bishobora kubabera imbogamizi mu buhinzi n'ubworozi bwabo

Ubwishingizi bwatanzwe kuri iz' inka, nubuzagoboka banyirazo  mu burwayi, ibyorezo, n'impanuka zishobira kubaho.

Rwema Justin, umukozi wa Minagri wari muri iki gikorwa yasobanuriye abaturage amavu n'amavuko y'iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi yiswe " Tekana urishingiwe muhinzi Mworozi" avuga ko yaje ije  kumara impungenge abaturage bakora uyu mwuga byakijyambere no gukemura ibibazo by'ugarije ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda

yasabye abaturage gukomeza gukorana n'abaveterineri babasobanuza ibyo batumva  mu rwego rwo gufatanya kugirango hakorwe  ubworozi n'ubuhinzi bikozwe kinyamwiga hiyongera umusaruro.

Ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo ku rwego rw'akarere ka Rubavu bwatangiriye mu murenge wa Rubavu, ni mugihe mu murenge wa Mudende, habarurwa aborozi ibihumbi 2816. naho inka 23 nizo zahawe ubwishingizi ku ikubitiro.
biteganyijwe ko ubukangurambaga buzakomereza mu bahinzi, aborozi n'abandi bafite aho bahuriye n'uyu mwuga  kugirango iyi gahunda igere kuri bose.

January 31, 2020

Urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rurakangurirwa kwimakaza umuco w'ubutwari ruharanira gukora ibikorwa by'indashyikirwa.

Urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rurakangurirwa kwimakaza umuco w'ubutwari ruharanira gukora ibikorwa by'indashyikirwa.
Ishimwe Pacifique,  Mayor wungirije ushizwe imibereho/Rubavu District.

Mu biganiro byabanjirijwe n'urugendo rwo kuzirikana ubutwali bw'abanyarwanda ruva mu mujyi wa gisenyi rwerekeza kuri stade umuganda Uru rubyiruko rwibukijwe amateka  y'ubutwari ndetse n'uruhare yagize mu kwagura u Rwanda no kurwanya amateka mabi harimo amacakubiri imvangura nibisa nkayo byaranze Igihugu.

Uru rubyiruko rwibukijwe kandi Ubutwari bwaranze bagenzi babo babohoje igihugu cyari mu icuraburindi ndetse rukageraho rutanga ubuzima bwazo ruharanira amahoro.

Rwasabwe kugera ikirenge mucy'intwari birinda kuba ibigwari ahubwo barangwa n'ishyaka,gukunda igihugu,kwitanga,ubunyangamugayo n'ibikorwa by'indashyikirwa.

Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho mu ijambo rye yabasabye kudaharanira inyungu zabo gusa no gufatira urugero ku banyeshuri b'inyange bari bakiri bato.

Yagize ati: "Ntabwo ushobora kuba intwali urwana kunyungu zawe bwite, nk'urubyiruko turifuza ko uyu munsi uba uwanyu mugafata urugero kubanyeshuri b'inyange tuzirikana uyu munsi" yabibukije ko ubutwali budasaba imyaka y'ubukure, ahubwo ko busaba umutima n'ubushake byo gukorera igihugu abasaba ko abana b'inyange bakomeza kutubera urugero dukomera k' umuco w'ubutwali.
Vis mayor ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rubavu ubwo bari mu rugendo rwerekeza kuri stade umuganda
Buri taliki 1/2 buri mwaka, abanyarwanda bizihiza umunsi mukuru w'intwali aho bibukiranya amateka n'ubutwali bwaziranze abanyarwanda hagamijwe kwigisha no kwimakaza umuco w'ubutwali. Insanganyamatsiko y'uyu mwaka iragira iti" Ubutwali mu banyarwanda  agaciro kacu"



January 29, 2020

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 28.01.2020

None ku wa Kabiri, tariki ya 28 Mutarama 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.
Image result for abaminisitiri 2020
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME


1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 28 Ugushyingo 2019.

2. Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Amategeko, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare bitwaye neza kandi batsinze neza ibizamini bya Leta.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje itangwa ry’impushya 42 zo gushakisha no gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:

o Umushinga w’Itegeko rihindura Itegeko N° 014/2019 ryo ku wa 30/06/2019 rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2019/2020
o Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’iyinjizwa ry’u Rwanda muri Africa Finance Corporation yashyizweho umukono ku wa 20 Kamena 2019, hagati ya Africa Finance Corporation na Leta y’u Rwanda;
o Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Guverinoma y’Uburusiya, ku bufatanye mu kubaka Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga mu bya Nikeleyeri ku butaka bw’u Rwanda, yashyiriweho umukono i Sochi, ku wa 24/10/2019;
o Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano avuguruye yerekeye ishyirwaho ry’Ihuriro Mpuzamahanga ku mikoreshereze y’Izuba, yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 7 Ukwakira 2019;
o Umushinga w’Itegeko rigenga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera.

5. Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida akurikira:

o Iteka rya Perezida rishyiraho amahoro yakwa kuri serivisi no ku byemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage;
o Iteka rya Perezida ryemerera Dr. NYEMAZI Jean Pierre, wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, guhagarika akazi mu gihe kitazwi.
o Iteka rya Perezida rizamura mu ntera Abofisiye Komiseri, Abofisiye bisumbuye n’Abofisiye bato cumi n’umunani (18) b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa;
o Iteka rya Perezida ryirukana Ofisiye muto w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Minisitiri w’Intebe akurikira:

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryirukana burundu mu bakozi ba Leta Bwana  GAHUNGU Zacharie,  wari Umujyanama wa Minisitiri w’Ubuzima, kubera amakosa akomeye yakoze mu kazi;
o Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryirukana burundu mu bakozi ba Leta Dr. NDAYISABA Gilles François, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe indwara zitandura mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kubera amakosa akomeye yakoze mu kazi.

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Minisitiri akurikira:

o Iteka rya Minisitiri ryerekeye ubugenzuzi bw’umurimo;

o Iteka rya Minisitiri rishyiraho urutonde rw’amakosa akomeye;

o Iteka rya Minisitiri rigena uburyo amahugurwa y’abakozi atangwa; o Iteka rya Minisitiri ryerekeye intumwa z’abakozi;
o Iteka rya Minisitiri rigena serivisi zidahungabanywa zitagomba guhagarara mu gihe cy’ihagarikwa ry’imirimo cyangwa icy’ifungwa ry’ikigo;
o Iteka rya Minisitiri rigena uburyo amasaha y’akazi mu cyumweru yubahirizwa mu nzego z’abikorera;
o Iteka rya Minisitiri rigena amafaranga yo gushyingura n’ay’impozamarira ku mukozi; o Iteka rya Minisitiri rigena iby’ingenzi bikubiye mu masezerano y’umurimo yanditse;
o Iteka rya Minisitiri rigena imiterere y’amasezerano yo kwitoza n’ayo kwimenyereza umurimo;
o Iteka rya Minisitiri riha Bwana NEMEYE Alphonse na Madamu INGABIRE Nadia, bombi bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) ububasha bwo kukiburanira mu Nkiko;
o Iteka rya Minisitiri riha Madamu UWERA Pacifique na Bwana KIBOGO Ndahiro Joseph, bombi bakorera Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), ububasha bwo kuyiburanira mu Nkiko;
o Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera Abasuzofisiye n’Abawada 74 b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa;
o Iteka rya Minisitiri ryirukana Abasuzofisiye n’Abawada 8 b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagarira ibihugu byabo ku rwego rw’Abambasaderi n’Imiryango mpuzamahanga mu Rwanda:

A. Abambasaderi:

o Bwana Amadou S.O. TAAL: Ambasaderi wa Repubulika ya Gambiya mu Rwanda ufite ikicaro i Abuja, muri Nigeriya;
o Bwana MBODOU Seid:  Ambasaderi wa Repubulika ya Cadi mu Rwanda, ufite ikicaro i Brazzaville, muri Repubulika ya Kongo;
o Madamu Elin ØstebØ Johansen: Ambasaderi w’Ubwami bwa Noruveje mu Rwanda, ufite ikicaro i Kampala muri Uganda;
o Madamu SAQLAIN Syedah: Ambasaderi wa Repubulika ya Kisilamu ya  Pakisitani mu Rwanda, ufite ikicaro i Nairobi, muri Kenya.
B. Uhagarariye Umuryango Mpuzamahanga: Madamu Julianna LINDSEY: Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) mu Rwanda.

9. Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi ku buryo bukurikira:

o Bwana NGABONZIZA Prime: Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda;
o Dr. TWAGIRASHEMA Ivan: Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda. 

10. Mu bindi.

A. Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 8 Werurwe 2020 u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore. Insanganyamatsiko ni: “Umugore ku ruhembe mu iterambere.”  Ibirori byo kwizihiza uyu munsi bizabera ku rwego rw’Umudugudu, naho ku rwego rw’Igihugu bizabera muri Kigali Arena mu Karere ka  Gasabo.

B. Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

o Ku itariki ya 1 Gashyantare 2020, hazizihizwa Umunsi w’Intwari z’Igihugu ku nshuro ya 26, uzizihirizwa ku rwego rw’Umudugudu. Insanganyamatsiko ni “Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu”.
o Kuva mu Gushyingo 2019, hatangiye igikorwa cyo gutoranya urubyiruko 10 rwakoze ibikorwa by’indashyikirwa, kugira ngo ruzahabwe ibihembo muri YouthConnekt Champions and Celebrating Young Rwandan Achievers 2019 (YCC&CYRWA). Umuhango wo gutanga ibihembo uteganyijwe kuba tariki ya 29 Gashyantare 2020.
o Kuva tariki ya 30 Mutarama kugeza ku ya 27 Gashyantare 2020, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ifatanyije n’izindi nzego batangiye  gutegura icyiciro cya kabiri cya gahunda  “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”. Iyi gahunda igamije gutoza urubyiruko indangagaciro zo Gukunda Igihugu, Ubumwe n’Ubworoherane.
o Ikiciro cya kabiri cya gahunda ya ArtRwanda-Ubuhanzi kizatangizwa ku mugaragaro tariki 25 Gashyantare 2020, kikazageza muri Kamena 2020. Gahunda yo gushakisha urubyiruko rufite impano mu Gihugu hose izakorerwa mu duce 6 twatoranyijwe: Kigali, Rubavu, Rusizi, Huye, Nyagatare na Musanze. Abahanzi b’indashyikirwa bazahabwa ibihembo bitandukanye.
o Ku itariki ya 21 Gashyantare 2020 u Rwanda ruzizihiza ku nshuro ya 17, Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi kavukire. Insanganyamatsiko ni “Dukoreshe Ikinyarwanda kinoze twese”. Ibirori byo kwizihiza uyu munsi ku rwego rw’Igihugu bizabera mu Karere ka Kirehe.

C. Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ubukangurambaga bwa Connect Rwanda, bwatangijwe tariki ya 21 Ukuboza  2019 buzamara amezi atatu kandi bukaba bugamije gukusanya nibura telefoni miliyoni imwe zigezweho (Smartphones). Igikorwa cyo gushyikiriza izo telefoni abazigenewe kizatangira mu cyumweru cya kabiri cya Gashyantare  2020.

D. Minisitiri w’Ibikorwaremezo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva tariki ya 5 kugeza ku ya 7 Gashyantare 2020, muri Kigali Convention Center, hateganyijwe kubera Inama Nyafurika ku ndege nto zitagira abapilote (drones). Iyi nama izakurikirwa n’amarushanwa yo kugurutsa drones ku Kiyaga cya Kivu (Lake Kivu drone flying competition) ateganyijwe kuva tariki 8 kugeza ku ya 15 Gashyantare 2020 i Karongi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na KAYISIRE Marie Solange
Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

December 31, 2019

Dufatanyije dushobora gukora byinshi, nk’akarere ka RUBAVU ntituzahwema gufatanya namwe”

“ Dufatanyije dushobora gukora byinshi, nk’akarere ka RUBAVU ntituzahwema gufatanya namwe”

Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kuri uyu wa gatanu taliki ya 27/12/2019 mu muhango wo gusoza imurika n’imurikagurisha ryaberaga mu karere ka Rubavu, ryari rimaze ibyumweru bibiri.

Habyarimana Gilbert, Umuyobozi w'akarere ka Rubavu
N’umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo iza leta n’abikorera ku giti cyabo. Bamwe mubitabirye iri murikabikorwa harimo n’abagera ku 125 bahagarariye ibihugu bigera 7 bamuritse ibyo bakora bagamaje kubona abakiliya no kunoza ibyo bakora biciye mu babasuye, bashimira cyane ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu ku mwanya mwiza bahawe ngo bamenyekanishe ibyo bakora muri aka karere biciye muri iri murika n’imurikagurisha ritegurwa buri mwaka.

Mu ijambo ry’umuyobozi uhagarariye urugaga rw’abikorera mu karere ka Rubavu, Madamu Kayumba NYOTA yavuze ko iri murikagurisha ryitabiriwe kurwego rushimishije, kandi ko ryitabiriwe n’abantu benshi batandukanye by’umwihariko abamurikaga ibikorwa byabo ndetse n’ abari barisuye, bityo ashimangira ko intego bari bihaye bayigezeho ku kigero gishimishije, Madam Kayumba yijeje ubufatanye no bindi bikorwa bitanduakanye, ashimira abafatanyabikorwa barimo by’umwihariko inzego z’umutekano n’abandi bose bafatanyije kugirango iri murikagurisha rigende neza.

Habyarimana Gilbert, umuyobozi w’akarere ka Rubavu akaba n’umushyitsi mu kuru muri uyu muhango yashimiye cyane abitabiriye iri murika n’imurikagurisha rya 2019,  asaba ko ubufatanye bwagaragaye bwanakoreshwa muguhuza imbaraga kugirango n’ibindi bigo binini biri muri aka karere biziyongere mu imurikagurisha, ry’umwaka utaha ati: “Dufatanyije, Dushobora gukora byinshi, nk’akarere ntituzahwema gufatanya namwe” yasabye ko harebwa kure mu rwego rwo kugirango hajye hanakemurwa ibibazo byinshi bikibangamiye imibire myiza n’iterambere ry’akarere ka Rubavu”

Yashimangiye icyifuzo cyagaragajwe cy’uko hashyirwaho imurika n’imurikagurisha rihoraho muri aka karere cyane cyane iry’ibikorerwa iwacu (Made in Rwanda) maze avuga ko bagiye kubishyiramo imbaraga bafatanyije n’inzego basanzwe bategurana iki gikorwa kandi ko ntakabuza bizagenda neza. Yasabye ko udushya twabonetse muri iri murika n’imurikagurisha twaziyongera, maze ashimira uruhare rw’itangazamakuru mu kumenyekanisha ibikorwa by’akarere anasaba ko ryazajya  rimenyekana mbere y’amezi 3 kugirango rizajyere kure hashoboka.
 
kuva kuwa 16/12/2019 kugeza kuwa 27/12/2019 Iri murikagurisha  ryatanze imirimo mishya kubagera kuri 300,  ryasuwe kandi  n’abarenga ibihumbi mirongo ine nabirindrwi (47)  n’abandi bagera ku 125 bahagarariye ibihugu bigera 7 birimo Rwanda, Tanzaniya, Ghana, China, Cameroun, RDC, India. Hanatanzwe kandi ibihembo n’amashimo  kubantu batandukanye barimo abamuritse neza kurusha abandi, Inzego z’ubufatanye, ndetse n’izababaterankuga batandukanye.

Camarade MUHIRE,
Rubavu District

August 29, 2019

Rusizi : Nkiliye Ildephose, yiyemeje kuba intumwa nziza kandi yizewe itazatenguha abo ashaka guhagararira mu mutwe wa Sena


Mu bikorwa bye byo kwiyamamaza akomeje kugira mu ntara y’iburengerabuza, Nkiliye Ildephose  uri kwiyamamariza muri utu turere aravuga ko yiyemeje kuba intumwa nziza kandi yizewe itazatenguha abo ashaka guhagararira mu mutwe wa Sena.
Candidat senateri Nkiliye Ildephos imbere y'inteko itora

Ibi yabitangaje kuri uyu wa kabiri ubwo yari imbere y’abajyanama bagize inteko itora baturuka mu ntara y’iburengerazuba n’abagize biro za njyanama z’imirenge igize Akarere ka Rusizi bari bitabiriye igikorwa cyo kwiyamamaza kw’abakandida senateri batorwamo abazavamo 3 bazahagararira intara y’iburengerazuba, bahatanira kujya mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena,
Imbere y’ abajyanama bagize inteko itora baka karere, Nkiliye Ildephose  mu migabo n’imigambi ye yashimangiye ko azaba intumwa nziza kandi yizewe itazatenguha abo ashaka guhagararira mu mutwe wa Sena, binyuze muri gahunda afite azafatanya n’abandi basenateri
“nshingiye ku kugirango duteze imbere igihugu dushingiye kandi ku iterambere rirambye tuzagira uruhare mu mategeko abereye u Rwanda kugirango abanyarwanda bakomeze bagire iterambere rirambye kandi ridaheza”.
Yavuze kandi azafatanya n’abandi aharanira isaranganyabukungu ridaheza, mu banyarwanda, kuburyo abantu bose bazajya mu byiciro byegeranye” nyuma yo kubona ko hari itandukaniro rinini mu bukungu
“Tuzomeza kubaka governoma ikomeye, umutekano uhamye kdi usesuye dushyira imbere ubukungu burambye, duharanira imibereho myiza y’ abanyarwanda kdi dushimangira imiyoborero buri wese y’ibonamo”
mu ijambo rye kandi  yavuze ko yizeye gufatanya n’abandi basenateri mu bikorwa byo kwemeza amategeko yagira uruhare mu guteza imbere ubumwe bw’Abanyarwanda, umutekano n’ubusugire bw’igihugu, binyuze muri gahunda zitandukanye afite.
Nkiliye Ildephose yakoze imirimo inyuranye muri iki gihugu, aho Yabaye umuyobozi w’inzego z’ibanze, yabaye kandi umuyobozi w’akarere ka rutsiro mu mwaka wa 2006-2007 nyuma yaho yagiye mu mwuga w’ubwarimu n’ubusashakashatsi  kuva 2007, Yakoze kandi mu mishinga inyuranye irimo uwakorewe mu ntara y’iburengerazuba ari kwiyamamarizamo ho mu karere ka rusizi, kugeza ubu n’ umwalimu n’umushakashatsi muri za kaminuza by’umwihariko muri kaminuza gatolika ya Kabgayi.



Camarade MUHIRE
Rusizi/ Western Province

June 26, 2019

Faculty of JC and Communication studies at ICK Released Committee of Media and Public Relations CLUBS

On Tuesday June 25th, 2019 at 11:15 am the students  hold a conference with the Faculty Board. the conference was aimed at discussing about rules and regulations of TV and Radio studio and the election of committee of ICK-Media and Public Relations Clubs.
The elected committee with Chief Department  of JC and Acting Dean of JC on left 
the members faculty of journalism and communication studies were gathered to vote their representative of media and PR clubs as they were informed early by The acting Dean of JC
The Elected leaders of Media and Public Relations Clubs are the following: 

A. Media

Chairperson: Ishimwe Alain
Vice Chairperson: Umutesi Alice
Secretary: Niyifasha Odile
Treasurer: Uwase Ibambe Gentille 
Technician of Audiovisual: Rutagengwa Jean Paul
Technician of Print Media: Mfashijwenimana Gaspard
Technician of Online journalism: Kamanzi Eric


B. Public Relations Club:

Chairperson: Ndengeyingoma Jean Baptiste 
Vice Chairperson: Ntigurirwa Benoit 
Secretary: Nahimana Diane 
Treasurer: Ashimwe Liriane 
Technician of Corporate Communication: Damarara Marie Mireille 
Technician of Advertising and Branding: Umutesi Clarisse
Technician of Online PR: Kabagema Joseph

Hategekimana Jean Baptiste, Acting Dean of JC shared TV and Radio studio rules and regulations for to participants to discuss about those rules and regulations of the studio area whereby it takes ICK management 's observation and approval of official its publication. the renewed rules and regulations will help students and on behalf of Faculty to deliver good and quality service as well as ICK public.

June 25, 2019

Kigali: Inama yahuruje abantu imihanda yose y'igihugu yasubitswe na RIB na Police


Iyi ni inama imaze igihe ivugwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye aho abantu benshi bari kuzayitabira bijejwe gutahana amadolari 197 y'amanyamerika.
Abantu bari uruvunganzoka muri kigali convention center
Umubare munini w’abantu baturutse hirya no hino mu gihugu, kuri uyu wa Kabiri waruteraniye i Kigali ahazwi nka Kigali Convention Centre, mu nama byari byavuzwe ko ari iyo kubahugura ku bijyanye no gukora ubucuruzi no kongera amafaranga, ariko birangira hitabajwe inzego z’umutekano zirimo RIB na Police.

CP Rumanzi yabwiye abari muri iyi nama ko igomba kuba ihagaze, nyuma y’uko ubuyobozi bwa Convention Centre bwitabaje inzego z’umutekano kubera akavuyo k’abantu bari bahari.
Yavuze ko kuba abantu bagiye guhugurwa, ubwabyo nta kibazo cyakabayemo ariko uburyo bwateguwemo bigaragaza ko harimo ibibazo bikomeye.
Yakomeje ati “Uwatumiye na we ntabwo azi umubare w’abantu yatumiye, abari hanze bakubye nk’ inshuro 10 abarimo imbere. Uburyo bwo kwiyandikisha na bwo buratandukanye. Biragaragara ko harimo ikibazo, nicyo gituma twitwaje RIB. Hari ibimenyetso byinshi bigaragara ko harimo ikibazo kigomba gukurikiranwa"
Yakomeje agira ati “Turasaba ko ibyo biba bihagaze.” Yavuze ko kuba abantu bagiye guhugurwa, ubwabyo nta kibazo cyakabayemo ariko uburyo bwateguwemo bigaragaza ko harimo ibibazo bikomeye.
Bamwe mu bitabiriye iyi nama basanga ari bumwe bwo kwambura amafaranga aho hari abandikiwe basabwa kuzishyura abandi ntibabone ubwo butumwe bityo bagasanga ngo ari ubutekamutwe bugezweho mugihe bamwe bavuga ko kwari ukuri ahubwo habuze uburyo bwo kugenzura umubare wabagombaga kwitabira iyi nama.
Ayinkamiye Emerence n'umunyeshuri waje aturutse mu karere ka Muhanga, we avuga ko yicuza umwaya yataye kandi ko atigeze asobanurirwa ibijyanye no kwishyura mbere y'inama. yagize ati: " njye nazindutse nkuko babidusabye mu butumwa baduhaga, ariko natunguwe no gusanga bari kwishyuza amafaranga kdi njye ntabyo namenyeshejwe"
Bagirubwira Patience, umucuruzi wikorera kugiti cye waje aturutse i Nyanza mu ntara y'amajyepfo we asanga iyi nama yari nziza cyane, bityo akaemeranya n'abavuga ko habuze uburyo bwo kumenya no kugenzura umubare w'abari kuzayitabira: yagize ati: " kuza ndabonye nta gihombo nagize kuko ubumenyi nari gukura aha mpamya ko bwari kuzamfasha mu buzima bwanjye bw'ibyo nkora."
yongera ko " ikibazo cyabaye umubare w'abantu benshi, njye mbona iyo baza guhagarika no kugira umubare ntarengwa twari kuba twatangiye iyi nama."
Byemejwe ko abatswe amafaranga kugira ngo binjire bayasubizwa, nyuma y’uko inzego z’umutekano zari zimaze kubyinjiramo. Zavuze ko amafaranga yari amaze gukusanywa arenga miliyoni 15 Frw.

Iyi nama bivugwa ko yateguwe n’ikigo Wealth Fitness International, aho abiyandikishije bizezwaga gutahana amadolari ya Amerika 197, maze urubyiruko rwiyandikisha ku bwinshi gusa Byemejwe ko abatswe amafaranga kugira ngo binjire bayasubizwa, nyuma y’uko inzego z’umutekano zari zimaze kubyinjiramo. Zavuze ko amafaranga yari amaze gukusanywa arenga miliyoni 15 Frw..
Abanyamakuru babaza Inzego z'umutekano igikuriraho
abari mu cyumaba cy'inama bategereje ko itangira 
DG wa RIB atanga ubusobanuri bw;ikiri gukorwa

June 10, 2019

Inside GMO 2017-2018 Annual Report


In the fiscal 2017/2018, Annual Report GMO mainly focused on enhancing accountability mechanisms in the public and private institutions by ensuring effectiveness of GBV service delivery, and improving communication for gender equality achievements and focuses on key realized achievements vis-a-vis the institutionalization of gender accountability and service delivery to victims of gender based violence.

Throughout the fiscal year, GMO’s performance on key activities implemented enunciated through Government pillars like Transformational Governance, Social Transformation pillar and Economic Transformation pillar.
1.       Transformational Governance
In line with transformational Governance, GMO has contributed to strengthening gender accountability in public institutions, and Fixed based Operators (FBOs), enhancing institutional capacity on gender accountability, generation of gender data across sectors for evidence based planning and decision making, enhancing gender responsiveness in laws, policies and strategies, monitoring compliance with regional and international gender related commitments and monitoring the effectiveness of GBV prevention and response mechanisms.
2.       Social Transformation pillar
GMO undertook the development of gender status in health and energy sectors in the framework of ensuring quality standards of living for both men and women. In addition, a gender responsive assessment on VUP and Girinka was conducted.
3.       Economic Transformation pillar
Moreover, in the framework of economic transformation and in line with the Country’s commitment on financing for gender equality, an audit on the implementation status of gender budget statement was conducted. This aimed to measure the levels to which budget agencies work towards promoting gender equality and fight against gender based violence.
This report involves key achieved results such persisting gender gaps where by Institutional development of GMO were initiated to enabled them serving for gender equality   through Updating public institutions gender data, Stock management, Resource mobilization and Capacity Building and Training all were address in this report.
Even though, during fiscal year 2017-2018 several activities were performed, a number of challenges were noticed in this Report, such Limited capacity and gender expertize to inform effective gender mainstreaming across sectors and programs, Limited collection and use of sex disaggregated data and Gender neutral accountability mechanisms. But the report denotes progressive improvements in delivering to gender equality though more efforts greatly needed.
Gender Monitoring Office was instituted with the mandate of monitoring and evaluating the implementation of gender principles and the fight against Gender Based Violence. While contributing to government orientation of having a society where citizens have equal rights between men and women and will continue to ensure that gender accountability is institutionalized at all levels for inclusive and sustainable development.

March 11, 2019

Nkumba: urubyiruko rusaga 400 rwa AERG rusoje itorero kumugaragaro


Urubyiruko rugize umuryango wa AERG rumaze icyumweru i Nkumba mu cyigo cy'igihungu cyigisha umuco w'ubutore (NUDC) gihereye mu karere ka Burera mu ntara y'Amajyaruguru aho rwatozwaga indangagaciro z'umuco nyarwanda kunsanganya matsiko igira iti: *DUHARANIRE IMBERE HEZA TURINDA AMATEKA YACU * 

zimwe muri gahunda bahabwaga harimo:
*ibiganiro kunsanganya matsiko
*imikorongiro
*kwigishwa umuco N'ibindi byinshi bitandukanye baherwaga mu masibo agera ku 10
mu butumwa butandukanye bwakunzwe kugarukwaho n'abayobozi batandukanye MINALOC, MINIYOUTH, NUDC ....harimo
*Gukoresha neza amahirwe ari imbere mu gihugu no mukarere kugirango urubyiruko ruve mubushomeri.
*kutitinya no kudasuzugura umurimo
*kwizigamira bigamije igishoro.
*kutiga utegereje kubunza diplome ushaka akaza no
*gukoresha neza imbugankoranyambaga werekana neza isura nyayo y'igihugu cyacu
kwirinda ibiyobyabwenge, ubwomanzi, n'ibindi
*kugira intego ndetse n'icyerekezo.
Hon. Polise Denis, asoza Itorero ry'INTAGAMBURUZWA V za AERG,"Muge muzirikana ko kuvuga urwongereza cg urufaransa, ntibivuzeko uruta nyoko cg so wakubyaye cg ukurera!"   

Nyuma yaho intore zari zivuye kukarubanda ryahawe izina ry' *intagamburuzwa igice cya 5* na nyuma kandi yo gutemberezwa ingoro y'amateka y'urugamba rwo kubohora igihugu,

"ntayindi ntwaro ubu bafite yaruta iyo intwari z'igihugu zari zifite mugihe cyo kubohora igihugu ahubwo ko bagomba kwiga, bagatsinda ntakintu nakimwe kibagamburuje yaba inzara, amateka mabi: "iyo ukora ibihabanye n'ibyo igihugu cyifuza uba ukomeretsa igikomere cy'uwaharaniye ukubaho kwawe uyu munsi"
nibwo butumwa uru rubyiruko rwaherewe ahazwi kuri CND I kigali.

Ni kunshuro ya 5, kubufatanye na FARG, NIC(NATIONAL, ITORERO COUNCIL), AERG itegura itorero ry'abanyamuryango bayo kugirango bakure ari intore zihamye koko, igihugu cyifuza, uyu mwaka hatojwe abasaga 400, ninabo bahwe icyemezo cyuko ari intore, ubu bakaba ari abatoza nk'uko Honorable Eduard BAMPORIKI abigaragaza kumpamyabumenyi zabo uru rubyiruko kandi rwiyemeje ko rugiye guhindura amateka, uko rushoboye kose rushyira mubikorwa ibyo rwatojwe byose.


Camarade MUHIRE. i Nkumba kuwa 10/02/2019

February 21, 2019

Amamara.blogspot.com, MONEY FIRST

Bite c ! reka nizere ufite inyota yo kureba imbere heza hawe,  gusa nta kindi bisaba.  *"GUKORA CYANE"* niryo banga.

Nitwa Camarade,  iyi group,  uzayiboneramo inshuti muhuje intego,  uzamenya uko MULTI LEVEL MARKETING ikorwa
Uzajoinig *Udoornet.com* rearly works.

Kanda kuri iyi link wiyandikishe *https://www.udoornet.com/r?id=2019215162707*  ni 5000 Rwf gusa ukunguka ibihe byose, utegereje iki ?

Mbaza uko wakunguka ushoye 5k kuri tel: *0781190354*, let's go with

January 29, 2019

Inoti nshya ya 500 yageze ku isoko

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gushyira ku isoko inoti nshya y’amafaranga 500 y’u Rwanda mu rwego rwo kongera ubwiza,umutekano no kuramba kw’inoti z’amafaranga y’u Rwanda.
Reba ku mafoto uko iyo noti isa.
Mu itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 8 Gicurasi 2013, hemejwe Iteka rya Perezida rihamya inoti nshya y’amafaranga magana atanu y’u Rwanda (500 FRW) ko ifite agaciro mu Rwanda.
Mu kiganiro n’abanyamakuru Minisitiri wari ushinzwe Imirimo y’Inama (...)
Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gushyira ku isoko inoti nshya y’amafaranga 500 y’u Rwanda mu rwego rwo kongera ubwiza,umutekano no kuramba kw’inoti z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 8 Gicurasi 2013, hemejwe Iteka rya Perezida rihamya inoti nshya y’amafaranga magana atanu y’u Rwanda (500 FRW) ko ifite agaciro mu Rwanda.
Mu kiganiro n’abanyamakuru Minisitiri wari ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Musoni Protais, yavuze ko icyatumye habaho guhindura inoti y’amafaranga 500 yari isanzwe ikora, ngo iyaririho yari ifite ikibazo cy’uko itinjiraga mu byuma bibara amafaranga ngo biyibone neza, rimwe na rimwe bikayisimbuka.
Yavuze kandi ko icyatumye hemezwa inoti nshya ya 500, harimo no guhindura bimwe mu bimenyetso byayirangaga, ibyariho birimo abaturage basoroma icyayi bigasimbuzwa n’ibimenyetso by’ubukungu bw’igihugu harimo n’ikoranabuhanga. Iyi noti nshya igaragaraho inka ku ruhande rumwe, urundi hakagaragaraho abana biga bari gukoresha mudasobwa.
Inoti y’amafaranga 500 yahinduwe yatangiye gukoreshwa kuwa 1 Gashyantare 2008.
Iyi noti ishaje ya 500, BNR yatangaje ko izavanwa ku isoko burundu nibitangazwa, ariko ubu zigiye gukorana zombi.
Reba ku mafoto uko iyo noti isa.

Twandikire

Name

Email *

Message *