Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

January 17, 2017

R A C C P (RWANDA ASSOCIATION OF CUSTOMER CARE PROFESSIONALS) yavuguruye urubuga rwayo






Umuryango nyarwanda ugamije guteza imbere no kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza umaze guhindura  wahinduye izina warusanzwe ukoresha kurubuga 

kugeza ubu ushobora kubona no gusura urubuga rushya rwa rwndacustomer care proffessionals wanditse www.serivisenziza.com
  
Intego z'uyu muryango hamwe n'ibiganiro bitandukanye kubijyanye no gutanga serivise nziza na website ya RACCP aiyo  www.serivisenziza.com izi zikurikira
  1. Gushishikariza abantu kwakira abantu neza (good customer care)
  2. gushishikariza abantu gutanga serivisi nziza ,vuba kandi mu mucyo ( better Service delivery)
  3. Guha urubuga abatanga serivisi nabazihabwa rwo kungurana ibitekerezo ku mitangire ya serivisi mu Rwanda no mu karere rurimo.
  4. Kumenyekanisha politiki ya Leta muri costumer care na service delivery no gusaba abantu bose kuyubahiriza
  5. Kwimakaza umuco wo gutanga serivisi nziza hagamijwe iterambere rirambye

menya ko guhabwa serivise nziza ari bumwe mu burenganzira bwawe ukwiye guharanira, iyo butubahirijwe ushobora ku bimenyesha uyu muryango 
wanasura urubuga rwabo http://www.serivisenziza.com/Intego.html ukeneye ibindi bisobanuro


(RWANDA ASSOCIATION OF CUSTOMER CARE PROFESSIONALS

January 16, 2017

Muhanga: Impanuka yahitanye umuntu umwe abandi batatu barakomereka  

imodoka ebyiri zagonganye ahitwa ku Kivumu mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga, umuntu umwe ahita apfa abandi batatu barakomereka.

i Muhanga

Ku isaha ya saa saba n’igice z’amanywa ni bwo imodoka nto y’ivatiri (voiture) yavaga i Muhanga igana i Kigali, yagonganye n’indi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite no RAB 861Z itwara abagenzi yavaga i Kigali igana i Muhanga.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Andre Hakizimana yabwiye Umuseke ko iyi mpanuka yabereye ku Kivumu mu murenge wa Cyeza, i Muhanga igakaba yahitanye umukobwa witwa Uwase Aline w’imyaka 21.Mu bakomeretse barimo Muhoza Tharcisse wari utwaye iyo Toyota Hiace, Ntabana Jean Pierre na Rwamakuba Elize bajyanywe mu bitaro by’i Kabgayi.

 

ITERAMBERE RIRAKATAJE MU RWANDA Kompanyi y’Abataliyani izubaka ‘Utumodoka two mu kirere’ kuri Karisimbi ngo iriteguye

Kompanyi y’Abataliyani “Leitner Group” iri kumvikana na Leta y’u Rwanda kugira ngo iyifashe kubaka umushinga w’utumodoka two mu kirere (Ropeway) ku kirunga cya Karisimbi, iravuga ko yiteguye, ngo itegereje gusa ko u Rwanda ruyibwira ngo tangira.

Bumwe mu bwoko bw'utumodoka two mu kirere 'ropeway' twaba tugiye kugera bwa mbere mu karere.
Bumwe mu bwoko bw’utumodoka two mu kirere ‘ropeway’ twaba tugiye kugera bwa mbere mu karere.

Dominic BOSIO, Umuyobozi mukuru wa Leitner Group ushinzwe ‘Export Sales‘ mu kiganiro yagiranye n’Umuseke yavuze ko uyu mushinga ushingiye ku masezerano y’akazi azamara amezi 22, azatangira kubahirizwa impande zombi nizimara kumvikana no kuyasinya. Gusa, ngo bateganya ko umushinga bazaba bawurangije mu mezi 18 gusa. Ati “Iyi gahunda izaterwa n’igihe tuzabonera ibyangombwa byo gutangira na gahunda yo kutwishyura, ibi ntabwo ari twe bireba (ni u Rwanda).

”BOSIO avuga ko biteguye kuko ibyangombwa Tekinike byose bisobanutse kandi bihari, ibi ngo akabishingira ko Leitner Group ari Kompanyi ifite inararibonye mu bwubatsi no gukora ibikoresho bijyanye nabwo, by’umwihariko mu bijyanye n’ibikorwa by’ubukerarugendo nka ‘Ropeway’ bazubaka mu Rwanda.
Ati “Guverinoma y’u Rwanda iracyakora inyigo ku yindi mishinga ifitanye isano n’uyu mushinga, nko kubaka aho abantu bazasura ‘Ropeway’ bashobora kwakirirwa, no guhuza za Minisiteri zose zifite aho zihuriye n’uyu mushinga nka Minisiteri y’ibikorwaremezo, iy’umutekano, iy’itumanaho n’iy’uburezi.”
Akavuga ko ikindi cy’ingenzi cyane ari ibiganiro bireba n’inkunga izava mu mahanga yo gukora uyu mushinga, ngo ibiganiro birakomeje hagati ya RDB na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi.
Dominic Bosio, umuyobozi ushinzwe ‘Export Sales' muri Leitner Group, kompanyi yatangiye mu 1888.
Dominic Bosio, umuyobozi ushinzwe ‘Export Sales’ muri Leitner Group, 
.
Abajijwe niba biteguye gutangira umushinga igihe cyose baba bahawe uburenganzira bwo gutangira, BOSIO yagize ati “Kompanyi yacu iriteguye, ndetse yanatangiye inyigo z’ibanze. Iyi ‘ropeway’ izaba imwe mu mishinga iri hagati ya 50 na 60 tuba dufite buri mwaka. Rero ntabwo ari ikintu gikomeye cyane mu birebana e n’ibikoresho.”
Gusa, nanone ngo bazi neza ko ku kirunga cya Karisimbi ari ahantu hihariye hatandukanye n’ibindi bice by’u Rwanda, ndetse no muri Africa yo hagati.
Ati “Ni ahantu hihariye kubera imiterere yako karemano nk’ikirunga ndetse n’ingagi zihari, ni ahantu hadasanzwe, Karisimbi ntisanzwe (ntabwo ari umushinga usanzwe nk’indi).”
Dominic BOSIO yatubwiye ko amasezerano y’akazi ko gukora gukora uyu mushinga afite agaciro ka miliyoni 38 z’ama-Euros, gusa aya mafaranga ngo ashobora guhinduka bitewe n’imisoro n’igihe inguzanyo izamara.
Ikindi ngo agaciro k’umushinga karenze ziriya miliyoni kuko hari n’ibindi bikorwaremezo RDB izubaka nk’imihanda, ibitwara umuriro w’amashanyarazi n’ibindi bisabwa kugira ngo abasura iyi Ropeway banezerwe, ibyo njye sinabimenya.
Umuyobozi w’Ishmi ry’Ubukerarugendo muri RDB, Belise Kariza yabwiye amamara.blogspot.com  uyu mushinga bawitezeho kuzamura umubare w’abakerarugendo basura Parike y’Ibirunga, no kongera ibyiza abakerarugendo bashobora gusura mu Rwanda, ku buryo abakererugendo bashobora kurushaho gutinda mu Rwanda kuko hari byinshi byo gusura, ibyo bivuze ko baba bazanahasiga Amadovize menshi kururushaho.
Tumubajije niba muri uyu mwaka uyu mushinga uzaba watangiye, Kariza yavuze ko atavuga ngo umushinga uzatangira igihe iki n’iki kubera ko biterwa n’ibiganiro uko bizagenda.
Ati “Nta kidasanzwe nabivugaho. ‘Its ongoing process’, ariko icyangombwa cyane cyari ukubona uzayubaka (ropeway) kandi yarabonetse, nabo ubabajije ubu bakubwira ko ibiganiro byatangiye.”

NAKWIBUTSA KO 

*Ni umushinga wa miliyoni zirenga 38 z’ama-Euros
*Utumodoka two mu kirere bazubaka ku kirunga cya Karisimbi ni utwa kabiri muri Africa
*Ni umushinga witezweho kuzamura ubukerarugendo muri Parike y’Ibirunga
*kompanyi yatangiye mu 1888

 

Twandikire

Name

Email *

Message *