Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

May 19, 2016

NPC yatandukanye n’inshuti ye hashize 30Min yitaba Imana, yakoze indirimbo yise ‘Turacumbitse’

indirimbo yise ‘Turacumbitse’ yayikoze nyuma y’iminota 30 atandukanye n’inshuti ye acyumva ko yapfuye.

imwe mu mafoto ya NPC
NPC ni umwe mu baraperi bamaze igihe mu muziki. Mu bakurikirana imirapire ye benshi banavuga ko yagakwiye kuba ari ku rwego rwo hejuru cyane ugereranyije n’aho ari.

Urwo rupfu rutunguranye rw’inshuti ye ngo yitwaga Alcade, rwatumye NPC agira ibyiyumviro byo gukora indirimbo ivuga ko buri muntu wese uri ku isi acumbitse igihe cyose ashobora kuyivaho.

Nkuko inkuru dukesha umuseke.com ibitangaza hari Mu kiganiro yagiranye na Umuseke aho yagize ati “ ‘Turacumbitse’ yavuye ku gitekerezo cy’umushuti wanjye witwaga Alcade witabye Imana hashize iminota 30 dutandukanye. Byankoze ku mutima numva urupfu isaha n’isaha rwajyana umuntu rutamuteguje. Ni muri urwo rwego nahise nandika iriya ndirimbo”.
Mu bindi bikorwa NPC arimo gukoraho, avuga ko hari indirimbo yarangiye iri hafi kujya hanze yakoranye na Safi wo muri Urban Boys bise ‘Ubwibone’ ubu bakaba barimo kuyikorera amashusho akazajyana hanze n’iri mu majwi ‘Audio’.
Abajijwe ku kuba ataritabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryitabirwa n’abahanzi 10 baba bakunzwe mu Rwanda, yavuze ko ari igihe kitaragera. Ariko igihe cyose afite indoto zo kuzaryitabira.

Yongeye gusaba abahanzi bagenzi be kurangwa n’urukundo hagati yabo ndetse bakarushaho gushyigikirana aho kuba yabona igikorwa cya mugenzi akaba yakinenga mu gihe afite inama yamugira yabikora.

May 13, 2016

Yafashwe azira guhohotera abakobwa bisize ibirungo ku munwa

nkuko tubikesha igihe.com mu nkuru yo kuwa 12/05 /2016 ngo Polisi yafashe umugabo usengera mu idini ya Islam ubwo yari avuye gusengera ku musigiti uherereye mu Mujyi wa Kigali rwagati azira gukurura iminwa y’umukobwa wari wisize ibirungo(Rouge à lèvres).

Ahagana saa munani n’iminota 45 zo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi , nibwo uyu mugabo w’imyaka 40 usanzwe wigisha abana ikorowani mu Rwarutabura mu Murenge wa Nyamirambo yafatiwe mu gice kitanyurwamo n’imodoka rwagati mu mujyi wa Kigali( car free zone) , ahaberaga ibikorwa by’imurikagurisha bifitanye isano n’Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu bwa Afurika iri kubera i Kigali.

Uyu mugabo ashinjwa kuba yahuye n’umukobwa w’imibiri yombi uri mu kigero cy’imyaka 23 akamukurura iminwa amuhora yuko yari yayisize ibirungo yarangiza agahita amukubita urushyi mu maso.
Abapolisi babiri bari hafi aho bakimara kubibwirwa bahise bamwambika amapingu bamwicaza hasi kugira ngo babanze bakurikirane iki kibazo.
Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umukobwa uvuga ko yahohotewe yagize ati “ Njyewe nari nje nshaka kwigurira telefone hano numva umuntu ankozeho, mpindukiye kugira ngo murebe ahita ankurura iminwa cyane ambwira ngo urabona ibintu wisize;rero ubwo nashakaga kumubaza icyo anshakaho nibwo yahise ankubita urushyi mu maso ashaka kwiruka nanjye mwirukaho ntabaza polisi.”

Uyu mugabo ushinjwa gukurura iminwa yavuze ko atabikoze abishaka, ahubwo ngo asanganywe ikibazo cy’ubumuga bwo mu mutwe. 
photo yafashe na IGIHE.COM

Yagize ati “ Erega njye mfite ikibazo cyo mu mutwe maranye igihe kitari gito kandi abantu benshi barabizi ko nanagiye kwivuriza mu bitaro by’abafite uburwayi bwo mu mutwe i Ndera.”
Yakomeje asaba abapolisi ko bamurekura akigendera ngo kuko ibyo yakoze atari yabigambiriye.

Muri uwo mwanya hahise hagaragara abakobwa bagera kuri batanu bemeza ko atari ubwa mbere uyu mugabo ahohotera abakobwa n’abagore bisize ibirungo, ngo kuko na bo aherutse kubakurura iminwa.
Uwitwa Furaha yagize ati “ Arabeshya niko ateye yiharaje ingeso yo gukurura iminwa abakobwa bisize ibirungo ababaza impamvu babyisiga.”

Umunyamakuru wa IGIHE yahavuye abapolisi bahamagaje imodoka imutwara ngo ajyanwe gufungwa.

May 12, 2016

Here’s Why Clinton Will Lose the Election to Donald Trump

yahoo.com news
Here’s how Hillary Clinton plans to beat Donald Trump: She will replay the very successful 1964 campaign against Barry Goldwater. That is, she will scare the bejeezus out of Americans by describing Trump as a “loose cannon,” someone who cannot be trusted with America’s nuclear arsenal. At the same time, she will convince Republicans, alarmed at the prospect of a Goldwater-scale defeat, that backing her is the sensible choice. Her surrogates in the media are already spreading this narrative, which may prove as empty as Clinton’s record as secretary of state.



Goldwater was the conservative presidential candidate who went down in flames in 1964, winning only six states, because Democrats convinced voters he might drop an atom bomb on China. The clincher for opponent Lyndon Johnson was the "Daisy" television ad, showing a young girl plucking the petals off a daisy as a male voice counts down from 10 to 1. The ad closes with a gigantic nuclear explosion filling the screen. You can easily imagine a similar ad surfacing this year, with a split screen showing Trump bellowing insults or promising to take on China while a nuke demolishes the Forbidden City.
The news media, ever faithful, has picked up the hint. Face the Nation, CNN, MSNBC and others have recently featured segments and op-eds about Goldwater, noting how his candidacy devastated the GOP. They frequently forget to mention that Hillary Clinton — yes, Hillary Clinton — worked for Barry Goldwater’s campaign.
Clinton was a “proud” conservative in her youth , before she became a liberal and then a “pragmatic progressive.” Even as Trump has ranged widely over the political plains, so has Clinton.

Gakenke:Bimwe mu bigo by’amashuri byafunze imiryango

nkuko tubikesha umuryango.com ngo Nyuma y’uko mu Karere ka Gakenke imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryo ku wa 7 rishyira 8 Gicurasi 2016 igahitana abantu 34 ndetse ikangiza ibitari bike,bimwe mu bigo by'amashuri muri aka Karere byafunze imiryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias yatangaje ko mu byo barimo kwihutira gukemura harimo n’ikibazo cy’uburezi ku buryo ku wa mbere w’icyumweru gitaha amashuri azaba yatangiye .
Ati’’ Ku bijyanye n’ibigo by’amashuri ari hano mu Murenge wa Nemba ,uwa Gakenke ndetse no mu Murenge wa Muzo hari ibigo by’amashuri abana batarimo kwiga,ariko ku wa mbere w’icyumweru gitaha abana bazaba batangiye kwiga.
Icyihutirwa turimo dukora ni ibijyanye no gushyiraho ibiraro(Amateme) kugirango abana bambukireho ,mwagiye mubona ko hari aho twagiye dushyira ibiti ngo abana bambukireho tuzongeraho byinshi kugira ngo abana batagwamo’’
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita.

Umuryango USAID ukaba umaze kwemerera aka Karere inkunga ya Miliyoni zisaga 35b z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu kubaka ikiraro kigana ku kigo cy’amashuri cya Ngazo ya Mbere ki mwe mu bigo byahagaritse amasomo by’agateganyo.
Uyu muyobozi yemeza ko inkunga ya USAID izakoreshwa mu bikorwa byo gusana kugirango abana basubire mu masomo.

Ibi bikaba bije nyuma ‘ikibazo cy’imvura nyinshi yateje inkangu mu Karere ka Gakenke ndetse igahitana abantu 34 harimo abanyeshuri 3 bigaga ku Kigo cy’amashuri cya Ngazo. indi nkuru bifitanye isano reba  kuri



amamara.blogspot.com/2016/05/ibiza-minisitiri-wumurimo-yasibye-akazi.html

May 9, 2016

Ibiza: Minisitiri w’Umurimo yasibye akazi kubera imyuzure ya Nyabarongo

Minisitiri w’Umurimo Uwizeye Judith ari mu bakozi batabashije kujya ku kazi muri iki gitondo cyo kuwa 9/5/2016 nyuma yo gusanga uruzi rwa Nyabarongo rwuzuye ndetse amazi agasakara mu muhanda. Ibi byatumye asubira mu rugo aho atuye I Runda.
Minisitiri Uwizeye Judith yatangarije Umuryango ko muri iki gitondo atabashije kujya ku kazi kubera atari kubona aho anyura nyuma y’aho uruzi rwa Nyabarongo (ruriho ikiraro gihuza Intara y’Amajyepfo atuyemo n’Umujyi wa Kigali Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta ifitemo ayobora ikicaro) rwari rwuzuye nta modoka iri gutambuka.
Minisitiri Judith Uwizeye yatangarije Umuryango ko kutajya ku kazi byatumye hari byinshi bidindira yari kuba arimo akora iyo abasha kugerayo.
Yati:” birumvikana iyo akazi katakozwe hari byinshi byangirika”.
Ku kibazo cy’abandi bakozi ibiza byabaye hirya no hino byaba byatumnye basiba akazi ariko abakoresha babo bakaba babibahanira, Minisitiri Uwizeye yatangarije Umuryango ko nta mukozi ukwiriye guhanirwa kuba atabashije kujya ku kazi kubera n’ibiza byabaye.
Yagize ati:” Ibiza ntawe uba yavuganye nabyo, ntawahanirwa rero gusiba akazi kandi atariwe byaturutseho”.
Imvura idasanzwe yaguye ku munsi w’ejo mu Ntara y’Amajyaruguru yatumye uruzi rwa Nyabarongo rwuzura ndetse amazi yarwo arenga mu muhanda wambuka iteme rihuza Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali. Ibi byatumye muri iki gitondo ingendo zose ziva n’injira muri Kigali zivuye mu Majyepfo zihagarara

Police yafashe icyemezo cyo gufunga umuhanda Kigali-Amajyepfo kubera imyuzure ya nkuko bigaragara kuri iyi foto.

Twandikire

Name

Email *

Message *