Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

October 11, 2016

Kicukiro: Impanuka z"ibinyabiziga za hato na hato ziravuza ubuhuha mu karere ka kicukiro

 Hari hashize igihe gito muri aka karere ka kicukiro,nubundi mu muhanda uva sonatube uzamuka werekeza i nyanza , gahanga, bugesera havuzwemo impanuka za hato nahoto, none uyu munsi kuwa 11/10/2016 ahagana mu masaha yigicamusi, Abantu bataramenyekana umubare bamaze kugwa mu mpanuka y’ikamyo ya gisirikare yabereye i Nyanza ya Kicukiro,
Iyi kamyo yari itwaye abasirikare ku burinzi yabirindutse hagapfa abantu tutarabasha kumenya umubare.
Abari aho batangaje  ko iyo kamyo yamanukaga i Nyanza ya Kicukiro yacitse feri ikagwa muri ruhurura (mu nkengero z’umuhanda), abagera kuri batandatu bikaba bikekwa ko bahise bitaba Imana, abandi benshi bagakomereka.
aha iyi kamyo yari yaguye muri ruhururaJPEG - 73.2 kbAbantu bari bashungereye ari benshi
 

Abakomeretse n’abitabye Imana ngo bajyanwe ku bitaro bya gisirikare bya Kanombe.
Usibye abasirikare bari bayirimo, nta muturage wundi wapfuye cyangwa ngo akomereke nk’uko byatangajwe na CIP Emmanuel Kabanda, Umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda. ibindi kuri iyi nkuru mugenzi wacu ara cyabikurikirana................

October 7, 2016

Haiti: Abarenga 339 bamaze guhitanwa n’umuyaga wiswe Matayo

Leta ya Haiti yatangaje ko abantu bagera ku 339 aribo bamaze kumenyekana ko bapfuye nyuma y’uko iki gihugu cyibasiwe n’inkubi y’umuyaga uturuka mu mazi yahawe izina rya Matayo (Hurricane Matthew).

 

Nkuko tubikesha ikinyamakur igihe.com ngo Ku wa kabiri nibwo uyu muyaga wibasiye Haiti, igice cyo mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba kikaba kiri mu bwigunge nyuma y’uko ikiraro cyabahuzaga n’ibindi bice by’igihugu gicitse. Abayobozi mu nzego z’ibanze batangaje ko uyu muyaga wahitanye abasaga 339, mu gihe abandi benshi bakuwe mu byabo.Minisitiri w’Umutekano muri Haiti, Ariel Henry yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ko kugeza ubu abantu 108 aribo bamaze kumenyekana ko bapfuye ariko imibare ishobora kwiyongera.

Ni mu gihe kandi 50 mu bavugwa ko bapfuye ari abo mu mujyi wa Roche-a-Bateau uri mu Majyepfo ya Hait gusa bityo imibare ikaba itaragaragaza neza abaguye muri uyu muyaga ukomeye ,Ubuyobozi kandi buvuga ko inzu zigera ku 2000 n’amashuri 10 hirya no hino mu gihugu byangiritse cyane.

Uyu muyaga watumye kandi amatora ya Perezida yari ateganyijwe mu mpera z’iki cyumweru asubikwa.
Uretse abapfuye muri Haiti, hari n’abandi batandatu bo muri Repubulika ya Dominican bahitanywe nawo.
Kuri ubu uyu muyaga wiswe Matayo wakomereje muri Bahamas nyuma yo guca muri Haiti na Cuba, biteganyijwe ko uzanagera muri Leta ya Florida, imwe mu zigize Leta Zunze ubumwe za Amerika.
Niyo nkubi y’umuyaga ihitanye abantu benshi nyuma y’undi wiswe Sandy wahitanye abagera ku 147 mu 2012.
Mu 2005 nabwo umuyaga wiswe Katrina wahitanye abantu 1800 muri Amerika unangiza n’ibintu bifite agaciro ka miliyari 108 z’amadorali.reba munsi aha kuburyo bwamafoto nayo dukesha iki kinyamakuru











October 6, 2016

NTIBISANZWE: Mu gihugu cya Bangladesh umwana w’ umuhungu yavukanye isura imeze nk’ iyo umusaza w’ imyaka 80.


MyPassion
Uru ruhinja rwavukanye iminkanyari mu isura, umubiri wegeranye n’ amaso ahenengeye nk’ ay’ umusaza.
Umuganga wabyaje Parul Patro mama w’ uyu umwana yavuze ko bibaho ko umwana avukana isura imeze nk’ iy’ umusaza. Ati “biterwa n’ indwara idakunze kubaho yitwa progeria”.
Uyu mwana yavutse ku babyeyi bakiri bato.
Se w’ uru ruhinja Biswajit Patro yavuze ko nubwo babyaye umwana ufite isura idasanzwe bitababuza umunezero wa kibyeyi.
Yagize ati “Nta cyatubuza gushima Imana. Nta mpamvu n’ imwe yatuma tutishimira umwana twabyaye n’ ubwo afite isura idasanzwe. Dushimishwa no kumubona mu nzu yacu”

Ababyeyi b’ uyu mwana bavuga ko mu rugo rwabo abashyitsi bahora ari urujya n’ uruza bose bafite amatsiko yo kureba umwana wavukanye isura itangaje.
Papa we yagize ati “ Twagiye twakira abashyitsi benshi barimo abavandimwe, inshuti n’ abaturanyi. Tunezerwa no kubakira bose mu rugo rwacu”
Biswajit n’ umugore we Parul Patro bafite icyizere ko umuhungu wabo azakurana ubuzima bwiza nubwo yavukanye isura idasanzwe.

Progeria ni burwayi ki?

Progeria ni uburwayi umwana avukana butewe n’ imiterere y’ uturemangingo tw’ ababyeyi be . Ubu burwayi bugaragara kuri umwe muri miliyoni enye z’ abantu. Nubwo abana bavukana ubu burwayi bavuka ntakibazo bafite batangira kugaragaraza ibimenyetso by’ indwara bakiri bato. Abana bavukanye ubu burwayi bakunze gupfa batararenza imyaka 13.

Mumwanya uri buze Umujyi wa kigali witeguye guherekeza Nyakwigendera senateur jean de dieu Mucyo



Senderi, Mariya Yohana, Bon Homme, Mibirizi na Grace bahimbye indirimbo ivuga ibigwi bya Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana.


abahanzi basanzwe bazwi cyane mu ndirimbo zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi barimo Senderi, Mariya Yohana, Bon Homme, Mibirizi na Grace nibo bakoze iyi ndirimkbo ivuga ku bigwi byuyu senateri witabye imana azize urupfu rutunguranye ubwo yajyaga mu mirimo ku intekonshinga mategeko i kigali
Kuba barahisemo guhita bakora iyo ndirimbo bise ‘Intwari ntipfa’, ngo ni uburyo nyakwigendera yabaye intwari mu kazi ke. Bityo akaba azahora ari ikitegererezo ku rubyiruko ruto rwagiye rubana nawe mu bikorwa bitandukanye.

Senderi, Mariya Yohana, Bon Homme, Mibirizi na Grace nibo bakoze iyo ndirimbo

ERIC Senderi iburyo,hagati ni SENATEUR J Dieu Mucyo, ibumoso bwe ni Mariya yohani (photo internet)

Senateri Mucyo Jean de Dieu yapfuye afite imyaka 55. Akaba yari Umusenateri kuva mu kwezi kwa Gicurasi 2015.
Mbere yo kugirwa Senateri, akaba yarabayeho Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, yanabaye Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 07 Ukwakira 2016, nibwo biteganyijwe ko imihango yo kumuherekeza bwa nyuma izaba nkuko byatangajwe numuryango wuyu nyakwigendera Imana imuhe iruhuko ridashira.

Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana ku itariki ya 03 Ukwakira 2016 ajya mu kazi ke ku ngoro y’Inteko Ishinga amategeko.

June 12, 2016

AFRICAN DAY SELECTION muri oratoire DON BOSCO Gatenga

Hashize amasaha make igikorwa cyo guhatanira umwanya wa 1 no gukomeza mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w'umwana w'umunyafrica kibaye, muri centre de jeunne Gatenga.

Mu kazi katoroshye kugeza ubu Oratoire Don bosco gatenga ifite nukumenya amatsinda n'abahanzi bahiga ayandi kugeza ku munsi nyirizina wo kwizihiza uyu muns (african child)

Nyuma yo gusobanura amategeko n'amabwiriza agenga iri rushanwa ryari ryitabiriwe n' ama group agera  4 mu mbyino za kizungu
1)AIR ARMY CREW
2)YOUNG NATION
3) TED CREW
4) IMPERS   hamwe nga group ngari ya fashion designer abari bafite munshingano iki gikorwa naba judge batowe byaje kurangira bemeje ko:

group yabaye iya
1° ari IMPERS 78%
2° YOUNG NATION 76%
3° AIR ARMY 72%
4° TED CREW 71%
naho muri fashion designer hatowe Miss na Mr oratoire Don bosco gatenga ndetse na couple ihiga izindi aribo:

Miss oratoire DON BOSCO gatenga 2016  akaba Scovia

Mr oratoire DON BOSCO gatenga 2016 akaba Steven

naho couple oratoire DON BOSCO gatenga ni
Iradukunda janviere na ADAM

bamaze kumenyeshwa uko bakurikiraye bagana ku musozo abana bongeye kwibutswa umunsi mpuzamahanga wabo byumwihariko nuko mu cyigo cyurubyiruko cya gatenga cyawuteguye

Umunsi mpuzamahanga w'umwana w'umunyafrica usanzwe uba buri mwaka maze muri iki kigo cy 'urubyiruko nabo bakawutegura by'umwihariko kubera abana n' urubyiruko batari bake bagana iki kigo  kuburyo bwamafoto ushobora kureba aya ari hasi y' iyi nkuru. kandi ngo gahunda irakomeje.

June 10, 2016

Breaking news: Kicukiro, Impanuka idasanzwe ihitanye abarenga 6

Ahagana mu ma 11h:12 mu Karere ka Kicukiro mu Muyji wa Kigali ahanzwi nka kicukiro Centre , Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yavaga i Nyanzaicitse feri ihitana abantu batari bake.
Iyi kamyo ngo mbere yo kugwa hasi ikaba yabanjye guhitana abantu ndetse n’ibinyabiziga byari biparitse kuri iyi Cantre nk’uko bamwe babonye iyi mpanuka iba babitangarije amamara.blogspot.com.

Kugeze ubu ntabwo imibare y’abaguye muri iyi mpanuka itarangazwa ariko bamwe mu babibonye bavuga ko abahasize ubuzima batari munsi ya 6 wongeyeho nabakomeretse kuko kugeza ubu  inzego z’ubutabazi ziracyakura imirambo y’abantu benshi mu muhanda no mubinyabiziga

hari ibinyabiziga byangiritse bikomeye

Iyi kamyo ikaba yari yikoreye umucanga iwuvanye i Nyanza ya Kicukiro.
Iyi nkuru turacyayikurikirana......

June 8, 2016

'YOLO' promotion ya MTN ngo igenewe urubyiruko rw'u Rwanda

MTN_Rwanda igiye gutangiza gahunda (promotion) yise ‘YOLO’ mu rwego rwo kurushaho kwegera urubyiruko n’abakiri bato no kubafasha kugera ku nzozi z’ubuzima bwabo.

inkuru dukesha Kuri uyu wa 01 Kamena, mu kiganiri n’abanyamakuru, Yvone Makolo Manzi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri MTN (Chief marketing) yavuze ko gahunda ya ‘YOLO’ ari uburyo bwo kwegera urubyiruko ruri hagati y’imyaka 16-24.aho yagize ati “Turashaka kwereka urubyiruko ko MTN yaba umufatanyabikorwa wabo, kandi iri kumwe nabo mu buzima bwa buri munsi no mu nzozi bafite, MTN ikabafasha kugera ku nzozi no kuba abantu bakomeye muri iyi si iyobowe n’ikoranabuhanga.”

          Makolo chief marketing in MTN 

Makolo yavuze ko mu gutangira iyi gahunda, MTN_Rwanda yashatse kwegera no kubana n’urubyiruko kugira ngo irufashe kuvumbura impano no kumenya icyo rushoboye kandi bijyanye n’ubushobozi bucye rufite.
Avuga ko muri’YOLO’, urubyiruko ruzaba rushobora kugura internet n’ama-inite yo guhamagara ku mafaranga macye, kandi bakaba bashobora kubigeraho igihe icyo aricyo cyose, n’aho bari hose mu Rwanda.

Mu rwego rwo kumurika ku mugaragaro iyi gahunda ya ‘YOLO’, MTN_Rwanda yateguye igitaramo cyiswe ‘Kigali Turn up’ ku itariki 11 Kamena 2016, kuva Saa Sita z’amanywa, i Gikondo kuri ‘Expo ground’, kwinjira ari ubuntu. Abahanzi nka Charlie na Nina, Riderman na Urban Boys bakazasusurutsa abazitabira iki gitaramo.
 
twakwibutsako ko abazitabira ‘YOLO’ bazaba bashobora guhamagara nijoro ku ifarangarimwe ku munota, kandi bashobore no guhamagara bagenzi babo nabo biyandikishije muri YOLO ku mafaranga 10 ku munota. Hari kandi ngo n’izindi Serivise nyinshi MTN izabagezaho zikabafasha guhindura ubuzima bwabo. 



May 19, 2016

NPC yatandukanye n’inshuti ye hashize 30Min yitaba Imana, yakoze indirimbo yise ‘Turacumbitse’

indirimbo yise ‘Turacumbitse’ yayikoze nyuma y’iminota 30 atandukanye n’inshuti ye acyumva ko yapfuye.

imwe mu mafoto ya NPC
NPC ni umwe mu baraperi bamaze igihe mu muziki. Mu bakurikirana imirapire ye benshi banavuga ko yagakwiye kuba ari ku rwego rwo hejuru cyane ugereranyije n’aho ari.

Urwo rupfu rutunguranye rw’inshuti ye ngo yitwaga Alcade, rwatumye NPC agira ibyiyumviro byo gukora indirimbo ivuga ko buri muntu wese uri ku isi acumbitse igihe cyose ashobora kuyivaho.

Nkuko inkuru dukesha umuseke.com ibitangaza hari Mu kiganiro yagiranye na Umuseke aho yagize ati “ ‘Turacumbitse’ yavuye ku gitekerezo cy’umushuti wanjye witwaga Alcade witabye Imana hashize iminota 30 dutandukanye. Byankoze ku mutima numva urupfu isaha n’isaha rwajyana umuntu rutamuteguje. Ni muri urwo rwego nahise nandika iriya ndirimbo”.
Mu bindi bikorwa NPC arimo gukoraho, avuga ko hari indirimbo yarangiye iri hafi kujya hanze yakoranye na Safi wo muri Urban Boys bise ‘Ubwibone’ ubu bakaba barimo kuyikorera amashusho akazajyana hanze n’iri mu majwi ‘Audio’.
Abajijwe ku kuba ataritabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryitabirwa n’abahanzi 10 baba bakunzwe mu Rwanda, yavuze ko ari igihe kitaragera. Ariko igihe cyose afite indoto zo kuzaryitabira.

Yongeye gusaba abahanzi bagenzi be kurangwa n’urukundo hagati yabo ndetse bakarushaho gushyigikirana aho kuba yabona igikorwa cya mugenzi akaba yakinenga mu gihe afite inama yamugira yabikora.

May 13, 2016

Yafashwe azira guhohotera abakobwa bisize ibirungo ku munwa

nkuko tubikesha igihe.com mu nkuru yo kuwa 12/05 /2016 ngo Polisi yafashe umugabo usengera mu idini ya Islam ubwo yari avuye gusengera ku musigiti uherereye mu Mujyi wa Kigali rwagati azira gukurura iminwa y’umukobwa wari wisize ibirungo(Rouge à lèvres).

Ahagana saa munani n’iminota 45 zo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi , nibwo uyu mugabo w’imyaka 40 usanzwe wigisha abana ikorowani mu Rwarutabura mu Murenge wa Nyamirambo yafatiwe mu gice kitanyurwamo n’imodoka rwagati mu mujyi wa Kigali( car free zone) , ahaberaga ibikorwa by’imurikagurisha bifitanye isano n’Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu bwa Afurika iri kubera i Kigali.

Uyu mugabo ashinjwa kuba yahuye n’umukobwa w’imibiri yombi uri mu kigero cy’imyaka 23 akamukurura iminwa amuhora yuko yari yayisize ibirungo yarangiza agahita amukubita urushyi mu maso.
Abapolisi babiri bari hafi aho bakimara kubibwirwa bahise bamwambika amapingu bamwicaza hasi kugira ngo babanze bakurikirane iki kibazo.
Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umukobwa uvuga ko yahohotewe yagize ati “ Njyewe nari nje nshaka kwigurira telefone hano numva umuntu ankozeho, mpindukiye kugira ngo murebe ahita ankurura iminwa cyane ambwira ngo urabona ibintu wisize;rero ubwo nashakaga kumubaza icyo anshakaho nibwo yahise ankubita urushyi mu maso ashaka kwiruka nanjye mwirukaho ntabaza polisi.”

Uyu mugabo ushinjwa gukurura iminwa yavuze ko atabikoze abishaka, ahubwo ngo asanganywe ikibazo cy’ubumuga bwo mu mutwe. 
photo yafashe na IGIHE.COM

Yagize ati “ Erega njye mfite ikibazo cyo mu mutwe maranye igihe kitari gito kandi abantu benshi barabizi ko nanagiye kwivuriza mu bitaro by’abafite uburwayi bwo mu mutwe i Ndera.”
Yakomeje asaba abapolisi ko bamurekura akigendera ngo kuko ibyo yakoze atari yabigambiriye.

Muri uwo mwanya hahise hagaragara abakobwa bagera kuri batanu bemeza ko atari ubwa mbere uyu mugabo ahohotera abakobwa n’abagore bisize ibirungo, ngo kuko na bo aherutse kubakurura iminwa.
Uwitwa Furaha yagize ati “ Arabeshya niko ateye yiharaje ingeso yo gukurura iminwa abakobwa bisize ibirungo ababaza impamvu babyisiga.”

Umunyamakuru wa IGIHE yahavuye abapolisi bahamagaje imodoka imutwara ngo ajyanwe gufungwa.

May 12, 2016

Here’s Why Clinton Will Lose the Election to Donald Trump

yahoo.com news
Here’s how Hillary Clinton plans to beat Donald Trump: She will replay the very successful 1964 campaign against Barry Goldwater. That is, she will scare the bejeezus out of Americans by describing Trump as a “loose cannon,” someone who cannot be trusted with America’s nuclear arsenal. At the same time, she will convince Republicans, alarmed at the prospect of a Goldwater-scale defeat, that backing her is the sensible choice. Her surrogates in the media are already spreading this narrative, which may prove as empty as Clinton’s record as secretary of state.



Goldwater was the conservative presidential candidate who went down in flames in 1964, winning only six states, because Democrats convinced voters he might drop an atom bomb on China. The clincher for opponent Lyndon Johnson was the "Daisy" television ad, showing a young girl plucking the petals off a daisy as a male voice counts down from 10 to 1. The ad closes with a gigantic nuclear explosion filling the screen. You can easily imagine a similar ad surfacing this year, with a split screen showing Trump bellowing insults or promising to take on China while a nuke demolishes the Forbidden City.
The news media, ever faithful, has picked up the hint. Face the Nation, CNN, MSNBC and others have recently featured segments and op-eds about Goldwater, noting how his candidacy devastated the GOP. They frequently forget to mention that Hillary Clinton — yes, Hillary Clinton — worked for Barry Goldwater’s campaign.
Clinton was a “proud” conservative in her youth , before she became a liberal and then a “pragmatic progressive.” Even as Trump has ranged widely over the political plains, so has Clinton.

Gakenke:Bimwe mu bigo by’amashuri byafunze imiryango

nkuko tubikesha umuryango.com ngo Nyuma y’uko mu Karere ka Gakenke imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryo ku wa 7 rishyira 8 Gicurasi 2016 igahitana abantu 34 ndetse ikangiza ibitari bike,bimwe mu bigo by'amashuri muri aka Karere byafunze imiryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias yatangaje ko mu byo barimo kwihutira gukemura harimo n’ikibazo cy’uburezi ku buryo ku wa mbere w’icyumweru gitaha amashuri azaba yatangiye .
Ati’’ Ku bijyanye n’ibigo by’amashuri ari hano mu Murenge wa Nemba ,uwa Gakenke ndetse no mu Murenge wa Muzo hari ibigo by’amashuri abana batarimo kwiga,ariko ku wa mbere w’icyumweru gitaha abana bazaba batangiye kwiga.
Icyihutirwa turimo dukora ni ibijyanye no gushyiraho ibiraro(Amateme) kugirango abana bambukireho ,mwagiye mubona ko hari aho twagiye dushyira ibiti ngo abana bambukireho tuzongeraho byinshi kugira ngo abana batagwamo’’
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita.

Umuryango USAID ukaba umaze kwemerera aka Karere inkunga ya Miliyoni zisaga 35b z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu kubaka ikiraro kigana ku kigo cy’amashuri cya Ngazo ya Mbere ki mwe mu bigo byahagaritse amasomo by’agateganyo.
Uyu muyobozi yemeza ko inkunga ya USAID izakoreshwa mu bikorwa byo gusana kugirango abana basubire mu masomo.

Ibi bikaba bije nyuma ‘ikibazo cy’imvura nyinshi yateje inkangu mu Karere ka Gakenke ndetse igahitana abantu 34 harimo abanyeshuri 3 bigaga ku Kigo cy’amashuri cya Ngazo. indi nkuru bifitanye isano reba  kuri



amamara.blogspot.com/2016/05/ibiza-minisitiri-wumurimo-yasibye-akazi.html

May 9, 2016

Ibiza: Minisitiri w’Umurimo yasibye akazi kubera imyuzure ya Nyabarongo

Minisitiri w’Umurimo Uwizeye Judith ari mu bakozi batabashije kujya ku kazi muri iki gitondo cyo kuwa 9/5/2016 nyuma yo gusanga uruzi rwa Nyabarongo rwuzuye ndetse amazi agasakara mu muhanda. Ibi byatumye asubira mu rugo aho atuye I Runda.
Minisitiri Uwizeye Judith yatangarije Umuryango ko muri iki gitondo atabashije kujya ku kazi kubera atari kubona aho anyura nyuma y’aho uruzi rwa Nyabarongo (ruriho ikiraro gihuza Intara y’Amajyepfo atuyemo n’Umujyi wa Kigali Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta ifitemo ayobora ikicaro) rwari rwuzuye nta modoka iri gutambuka.
Minisitiri Judith Uwizeye yatangarije Umuryango ko kutajya ku kazi byatumye hari byinshi bidindira yari kuba arimo akora iyo abasha kugerayo.
Yati:” birumvikana iyo akazi katakozwe hari byinshi byangirika”.
Ku kibazo cy’abandi bakozi ibiza byabaye hirya no hino byaba byatumnye basiba akazi ariko abakoresha babo bakaba babibahanira, Minisitiri Uwizeye yatangarije Umuryango ko nta mukozi ukwiriye guhanirwa kuba atabashije kujya ku kazi kubera n’ibiza byabaye.
Yagize ati:” Ibiza ntawe uba yavuganye nabyo, ntawahanirwa rero gusiba akazi kandi atariwe byaturutseho”.
Imvura idasanzwe yaguye ku munsi w’ejo mu Ntara y’Amajyaruguru yatumye uruzi rwa Nyabarongo rwuzura ndetse amazi yarwo arenga mu muhanda wambuka iteme rihuza Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali. Ibi byatumye muri iki gitondo ingendo zose ziva n’injira muri Kigali zivuye mu Majyepfo zihagarara

Police yafashe icyemezo cyo gufunga umuhanda Kigali-Amajyepfo kubera imyuzure ya nkuko bigaragara kuri iyi foto.

April 22, 2016

Rwamagana: Bafashe ‘banderole’ yo ku Rwibutso bayijyana ku itongo ry’uwarokotse

Abantu/umuntu bataramenyakana mu ijoro ryo kuwa kane rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 22 Mata 2016 bafashe igitambaro kiriho amagambo ajyanye n’ibihe byo kwibuka bakivana aho cyari kimanitse ku rwibutso rwa Ruhunda bakijyana ku itongo ry’uwarokotse Jenoside uherutse gutanga ubuhamya mu muhango wo gushyingura imibiri y’abantu batanu bishwe muri Jenoside aha mu murenge wa Gishari.

Jeanne Umwiza umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yabwiye amamara.blogspot.com ko bamenye aya makuru kandi iperereza riri gukorwa ngo hamenyekane abantu bari inyuma yiki gukorwa kidasanzwe.

Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu nk’ubuyobozi bw’Akarere bafashe iki gikorwa nk’icyakozwe hagamijwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ingengabitekereza ya Jenoside
.
Iki gitambaro kuva ku rwibutso ujya aho bakijyanye ku itongo harimo urugendo ruri hagati ya 2 na 3Km.
Umwiza yagize ati “ Tumaze kubimenya twahise dututumiza inama rusange y’abaturage izaba kuwa gatatu saa cyenda kugirango hamaganwe ibi byaraye bikozwe mu murenge wa Gishari ”
Iyi banderole aho bayijyanye ni mu itongo uwarokotse jenoside yaje guhindura aho yororera inka, uyu warokotse akaba kuwa gatanu w’icyumweru gishize ubwo hashyingurwaga imibiri yabonetse yari yatanze ubuhamya bw’ubwicanyi ndekamere bwakorewe Abatutsi hano i Gishari.

tubibutse ko Ku rwibutso rwa Jenoside rw’ahitwa i Gati mu Karere ka Rwamagana mu cyumweru cyo kwibuka gusa hari habonetse abantu bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside bagera kuri 13, muri uyu murenge wa Gishari hagaragaye ibyaha nk’ibi bine(4) naho mu Ntara y’Iburasirazuba hose mu cyumweru cyo kwibuka hagaragaye ibyaha bishingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside 70 nk’uko byavuzwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyi Ntara mu muhango wo kwibuka i Rukumberi mu cyumweru gishize.

April 21, 2016

commite yatowe ishinzwe kuvugurura chapelle yo mugatenga yatangaje igihe iyi nyubako izarangira

hari hashize amezi atari make abakristo gatorika muri chapelle nto yitiriwe bikiramariya utabara abakristo ihereye mukigo cy'urubyiruko cya gatenga ho muri paruwase kicukiro na gikondo batera inkunga uko bashoboye ngo bagure iyi chapelle imaze imyaka irenga 30 ikoreshwa naba bakristu.
ninyuma yuko abaje bayikoresha byageze aho baba benshi kuburyo  kuba ngo icyitwa chapelle (urusengero ruto) yahindurwa ikitwa central yewe , hari nabifuza ko yaba paruwase gusa ibi ntibyoroshye kuko ngo hari inzira biss'

ubwo yaganiraga ku murongo wa telephone na  ''www.amamara.blogspot.com"umuyobozi wa liturijiya (chapelle) akaba numwe mubagize commite yashyizweho kugirango ikurikirane iki gikorwa cyo kwagura iyi chapelle bwana MUNYAMPIRWA Augustin yatangaje ko bahamya neza ko 15/08/’’(Assumption day") uyu mwaka turimo abakristu bazajya basengera muri iyi chapelleni nyuma yo kwaka nkunga kuburyo butandukanye harimo amaboko yabakristo, gutanga amafaranga nibindi.
yagize ati ‘‘ ntakibazo rwose iri gutinda kubera ibi bihe byimvura kandi gukoresha abakozi igice cy'umunsi ntibyoroshye ahubwo ubu harigushakwa ubundi buryo twakihutisha iki gikorwa" abajijwe bimwe mu bibura yatangajeko ntabintubyinshi bibura ngo uru rusengero ngorube rwasozwa
ati‘‘ amabati arahari dusigaje gusakara gushyiramo sima mbese finisage (umusozo) murirusange ubundi tugatangira kuyikoresha"

bwana MUNYAMPIRWA Augustin afatanyije na commite yashyizweho itowe nabakristu avuga ko nyuma yo gukusanya inkunga uhereye mu miryango remezo igize iyi chapelle, abakristo ubwabo, nubundi bushobozi bwava ahandi ko babona ntampamvu yababuza kuzageza kuri iriya tariki ibi bikorwa bitararangira nubwo inzira ikiri ndende dore ko mugusoza hakenerwa amafaranga menshi bizwi nka finisage, ubu asaga million 10 niyo babona azasoza ikigikowa cyose.

iyi chapelle yari imaze amezi arenga 9 ibikorwa byay bigenda biguru ntege ahanini byaterwaga nubushobozi buke muri rusange
aba bakristo bamaze igihe basengera muri salle yahoze arimbera byombi muri iki kigo.

haba harikimaze kuboneka kuburyo ibi bikorwa byavamu nzira? babjijwe atyo yagize ati ‘‘nugukomeza kwitanga tukiyubakira ingoro ark natwe tura ifuzako y

iyi chapelle iramutse irangiye yaba itwaye amafaranga y u Rwanda arenga million 14
tubibutse ko iyi chapelle yakiraga abatarenze 250 -300 bicaye neza naho hanze hadasakaye  ikakiraho abareze ho 180 ubu byitezweko izajya yakira abarenga  magana atandatu  aya na mwe mumafoto yiyi nyubako itararangira

Israel Mbonyi agiye gukorera ibitaramo bitandukanye i Burayi

Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi bamaze kwamamara cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana ‘Gospel’ mu Rwanda. Kuri ubu agiye gutangira gukora ibitaramo bitandukanye ku mugabane w’i Burayi mu buryo bwo kurushaho kwagura ibikorwa bye bya muzika.
Israel Mbonyi agiye gukorera ibitaramo bitandukanye i Burayi.

Mu ndirimbo zirimo ,Nzi ibyo nibwira, Ku migezi, Yesu Number One, Ndanyuzwe n’izindi, ziri mu ndirimbo zatumye izina ry’uyu muhanzi rijya mu mitwe y’abantu batandukanye.
Abenshi bakaba banavuga ko yazibye icyuho cy’abahanzi barimo Mani Martin na Patrick Nyamitali bamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana nyuma bakaza gusa n’aho bazivuyemo.
Ku itariki ya 28 Gicurasi 2016 akaba afite igitaramo azakorera mu Bubiligi nyuma yaho akazajya no muri Amerika aho yagiye abona ubutumire bw’abantu batandukanye bifuza ko yazaza kubataramira.
Israel Mbonyi yabwiye Umuseke ko bikunze yazajya mu Bubiligi abanje guca mu Buhinde aho yanamaze igihe yigira. Bityo nta gihindutse akazagenda tariki ya 25 Mata 2016.
Ku kibazo cya bamwe mu bahanzi bamara kugira izina rikomeye mu ndirimbo zihimbaza Imana barangiza bakajya mu zindi njyana, Mbonyi avuga adakora umuziki kubera gushaka amafaranga.
Ati “Abantu turatandukanye cyane yaba mu mitekerereze cyangwa se no mu bikorwa runaka. Ntabwo nkora umuziki ntumbereye amafaranga cyane ahubwo ni ubutumwa ntanga bushobora kuyampesha”.
Israel Mbonyi mu bitaramo amaze gukora bigera kuri bibiri, niwe muhanzi umaze kuzuza ahantu aba yateguye gukorera ibyo bitaramo ugeraranyije n’abandi bakora injyana imwe.
reba amwe mu mafoto munsi hano.

March 22, 2016

UWAJE GUSENGA NKABANDI WE NTIYATASHYE AHUBWO YARAPFUYE!!!


Umuntu umwe wari mu masengesho ku musozi wa Kanyarira ukunze kūrirwa n’amagana y’abajya kuwusengeraho yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Werurwe.
Uwapfuye yitwa Mukamuyango Dancille w’imyaka 48 wari wagiye gusenga aturutse mu Karere ka Gasabo, ku Kimironko. Abari kumwe na we bavuze ko ari bwo bwa mbere yari agiye kuhasengera.
Mukamwiza Marie Providence, Gitifu w’akagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye uhana imbibi n’Akagari ka Rusovu muri Nyarusange, aho yaguye yatsikiye ahirima ku bitare by’amabuye agera hasi mu kabande yapfuye.
Ni umusozi bisaba kuwuzamuka witonze kubera ukuntu umeze
Umwe mu bari kumwe na we bajyanye gusenga yavuze ko nta ndwara n’imwe yari arwaye ahubwo ko ibyo bibuye yaguyeho ari byo bishobora kuba byamwishe.
Mukamwiza yasobanuye ko inzira banyuzemo ari mbi kandi bari baranayifunze kubera uburyo iteye nabi. Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Kabgayi ngo ukorerwe isuzuma.
Mu masengesho biremamo amatsinda abafasha gusenga no guhugurana
Umusozi wa Kanyarira wurirwa na benshi bajya kuwusengeraho, baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu. Abahasengera bizera ko ibyifuzo bajyanyeyo bataha Imana ibibakemuriye.
Muri Nyakanga 2015, kuri uyu musozi haguye umupolisikazi na we yagiye gusenga. Icyo gihe ubuyobozi bwasabye abagana ku Musozi wa Kanyarira kuba bitonze hakabanza hagashyirwa ibikorwa remezo, ubundi hagashyirwa abashinzwe umutekano ku buryo bazajya bahajya nta kindi kibazo.dore amwemumafoto yabaza gusenga

March 21, 2016

Dr Rose Mukankomeje wayoboraga REMA yatawe muri yombi


Dr Rose Mukankomeje wari usanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA afunzwe n’inzego za polisi aho akurikiranyweho gushaka gukingira ikibaba abayobozi bakekwaho ibyaha bya ruswa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa, yemeje amakuru y’ifungwa rya Dr Mukankomeje avuga ko akurikiranywe na Polisi ifatanyije n’Urwego rw’Umuvunyi. Nk’uko yabibwiye itangazamakuru, ACP Twahirwa yavuze ko Mukankomeje ibyo akurikiranyweho bifitanye isano n’ibyaha bishinjwa abahoze ari abayobozi b’Akarere ka Rutsiro barimo Umuyobozi w’Akarere ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa.
Dr Rose Mukankomeje wayoboraga REMA Ubu akaba ari mu maboko ya Polisi/Photo:Interineti
ACP Twahirwa yagize ati “ Nibyo arafunzwe ari gukurikiranwaho ibintu acyekwaho. Ni ibyaha bifitanye isano n’ibiregwa abari abayobozi b’Akarere ka Rutsiro byo kunyereza umutungo wa leta n’ibya ruswa. We rero yashatse kubakingira ikibaba anagerageza kumena amabanga y’akazi.”
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali ACP Twahirwa yakomeje avuga ko iperereza aribwo rigitangira bityo ko nta byinshi yavuga kubyo uyu muyobozi akurikiranyweho.iyu niwe ku ifoto ubona aha hasi

March 16, 2016

UGANDA NDABONA BITOROSHYE ISOMERE WUMVE!

Elton Joseph Mabirizi uwari umukandida wigenga mu matora y’umukuru w’igihugu aravuga ko ari mu biganiro na mugenzi we Dr Kizza Besingye ngo barebe uko bashinga guverinoma nshya ingendera ku mategeko.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2016 nibwo uyu Mabirizi yagiye gusura mugenzi we Dr Besigye aho yamusanze iwe mu rugo ahitwa Kasangati ahafatwa nko mu biro by’umukuru w’igihugu(State House).
Aganira n’itangazamakuru Joseph Mabairizi yavuze ko kubera ukuntu abona Dr Kizza Besigye ari intwari kandi afite ubushobozi bwo kuba yaba umuyobozi ngo niyo mpamvu yamwegereye ngo bagirane ibiganiro barebe uko bakora leta igendera ku mategeko.
Mabirizi yakomeje avuga ko mu biganiro bagiranye byibanze k’ubuzima bw’imbere mu gihugu ariko cyane cyane uburyo bashing guverinoma nshya. Yagize ati: twaganiriye ku bintu bitandukanye bijyanye n’ibibazo by’igihugu ndetse n’ibibazo twahuye nabyo byo kwibwa amajwi mu gihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu , iki kiganiro kizakomeza no mu minsi izakurikira kuko turimo kureba ukuntu twashinga guverinoma igendera ku mategeko.
Mabirizi akomeza ahamya ko Perezida Museveni atigeze atsinda amatora kandi ko nawe ubwe abizi ari nayo mpamvu yahisemo gufungira Dr Besegye munsi y’inzu ye
Dr Col Besigye uherutse gukura ikirego cye mu rukiko rw’ikirega aho yashakaga kuregera ibyavuye mu matora, aherutse gutangaza umugambi we wo gushinga guverinoma ye.
Mu matora y’umukuru w’igihiugu uyu Joseph Mabirizi yagize amajwi 0.26% naho Dr Besigye umaze inshuro enye ahanganye cyane na Perezida Museveni agira amajwi 35% ari nawe wagize amajwi ya kabiri nyuma ya Museveni wagize amajwi 60%.

Naho Amama Mbabazi wagize amajwi ya gatatu nawe wiyamamaje ari umukandida wigenga yagize ijwi 1,4% yahise agana inkiko avuga ko yibwe amajwi ni ubu urubanza ruracyakomeza.iyi nkuru niya MAKURUKI.COM iyi nifoto aganira nitangaza makuru

March 15, 2016

Amwe mu mateka ya charlie chaplin umu comedian w'umudage

Amwe mu mateka yaranze ubuzima bw'igihangange mu gukina filime zisekeje Charlie Chaplin na n’ubu.

Abantu benshi bakunda guseka, n’iyo waba ubabaye ukareba filime zitavuga, mu mashusho y’umukara n’umweru zakinwe n’umukinnyi wo ha mbere Charlie Chaplin ntiwakwihanganira guseka.
Uyu mukinnyi wa filime ukomoka mu Bwongereza, n’ubwo filime yakinaga mu myaka yo ha mbere zitavugaga ubwo sinema itari yagatera imbere ngo ikoranabuhanga ry’amajwi ribeho, ntiyaburaga gutambutsa ubutuma binyuze mu bintu yakoraga maze agasetsa benshi dore ko kugeza n’ubu benshi bakizireba bagaseka.
Aya mafoto ni amwe mu mafoto ya Charlie yamenyekanye cyane ndetse benshi bayitunze muri telefoni zabo.
Charlie Chaplin yavutse ku munsi nk’uyu tariki 16 Mata mu 1889, ku mazina yiswe n’ababyeyi ya Charles Spencer Chaplin akaba avuka kuri Charles Chaplin, Sr., na Hannah Chaplin. N’ubwo ahantu yavukiye hatazwi neza, Charlie Chaplin yavugaga ko ashobora kuba yaravukiye mu gace ka East Street, Walworth, mu majyepfo ya Londres mu Bwongereza.
Ababyeyi be bari abaririmbyi, aho mama we wavukaga ku mudozi w’inkweto ataje kugira amahirwe yo kumenyekana mu muziki ku izina rya Lily Harley mu gihe papa we wavukaga ku mubazi yari umuririmbyi ukomeye.
N’ubwo ababyeyi be batigeze batandukana mu buryo bwemewe n’amategeko (divorce), ntibyabujije Charlie kubaho ubuzima butoroshye bwo kutabana n’ababyeyi be bombi aho ku myaka 3 gusa (mu 1891) baje gushwana, bigatuma batangira kubaho imparakubiri.
Ubwana bwa Charlie Chaplin bwaranzwe n’ibibazo bikomeye birimo ubukene, aho umwanditsi David Robinson avuga ko ari naho yakomoye inganzo ye yo gusetsa dore ko iyo byamuyoberaga yahitagamo guhimba udukuru dusekeje kugira ngo yiyibagize ibibazo.
Charlie Chaplin w'ingimbi, wari umaze kugenda amenyekana nk'umuntu usekeje cyane
Charlie warerwaga na nyina utari ufite uburyo buhagije bwo kumutunga we na murumuna we yari yarabyaye ku wundi mugabo, byatumye ku myaka 7 yoherezwa mu kigo kirera abana badafite kirengera, maze nyina nawe ajyanwa mu kigo kita ku barwayi bo mu mutwe.
Ubuzima bubi no kuba nyina yari afite ibibazo byo mu mutwe ahanini bituruka ku bukene nibyo byabaye imbarutso kuri Charlie yo gushaka imibereho abinyujije mu gukina udukino dusekeje nk’impano yiyumvagamo, ibintu yatangiye ku myaka 5 y’amavuko. Charlie yavugaga ko mama we ari mu bantu bamuteye ingufu zo gukina iyi mikino, aho ngo yamubwiraga ko afite impano idasanzwe.
Kuva ku buzima butamworoheye, kugera ku muntu ukomeye isi yamenye nk’umukinnyi wa filime zisekeje, byaje kumugira ikirangirire ku isi (world icon) n’ubwo icyo gihe sinema yari itaratera imbere ngo ikoranabuhanga ry’amajwi rigerweho, ariko na n’ubu benshi baracyareba filime ze bakanezerwa kandi zitavuga.
Chaplin muri filime The Gold Rush
Charlie Chaplin nyuma yo kuba ikirangirire ku isi, yaje guhura n’ibibazo bikomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika ahagana mu myaka y’1940, aho icyo gihe kubera filime yakinaga n’uburyo yakundaga kugaragaza amarangamutima ye kuri politiki y’icyo gihendetse akabigaragaza muri filime ze, yaje gucibwa muri Leta zunze ubumwe za Amerika ndetse ashinjwa ibyaha binyuranye byaje kumuviramo ingaruka zikomeye mu bukungu ndetse no ku gikundiro cye.
Aha bavuga ko benshi bamusanishaga na Hitler, umunyagitugu wategetse ubudage mu gihe cy’intambara y’isi ya 2, aho bavuga ko bavukiye mu mwaka umwe gusa bakagira ikinyuranyo cy’iminsi 4, kuba bose baravukiye mu bukene bukabije bakaza kuzamuka bakamamara ku isi, no kuba bose bari bafite utwanwa two hejuru, byaje no gutuma Chaplin akora filime yise The Great Dictator yaje gukinamo ari Hitler.
Filime ze nka Monsieur Verdoux yagaragazaga politiki ya gashakabuhake ya Amerika n’uburyo itera inkunga ikoreshwa ry’intwaro za kirimbuzi, yaje kunengwa bikomeye ndetse iba imbarutso yo guhabwa akato muri Amerika.
Monsieur Verdoux, filime ye yagize uruhare runini mu ihabwa akato muri Amerika
Yaje gukora indi filime yise Limelight yasaga nk’imuvugaho cyane, aho itavugaga gusa ku buzima bubi yabayeho akiri umwana, ahubwo yanavugaga ku kato yahawe na Amerika, nayo iza kunengwa na Amerika mu buryo bukomeye, gusa ntibyaje kuyibuza gukundwa mu bihugu by’iburayi.
Chaplin muri filime "A Dog's Life", filime ye ya mbere yamutwaye miliyoni y'amadolari
Kuba imitungo ye myinshi yari muri Amerika, I New York, ariko akaba yari yarahawe akato muri iki gihugu biri mu byatumye ubukungu bwe buhungabana cyane muri iki gihe, akaba yaravuye muri Amerika yirukanwe mu mwaka w’1952.
Nyuma yo kwirukanwa muri Amerika, mu mwaka w’1953 yaje guhita yimukira mu Busuwisi we n’umugore we Oona, aho bahise bajya gutura muri iki gihugu mu isambu yabo ingana na Hegitari 14, aho bari bitegeye ikiyaga cya Geneve, akaba ari naho yabaye kugeza yitabye Imana mu 1977.
Iyi myaka yo mu 1950 yakomeje kuba mibi ku isura ya Charlie Chaplin, by’umwihariko nyuma yo guhabwa igihembo cy’amahoro cyatanzwe n’inama y’isi y’amahoro (World Peace Council) iyi nama ikaba yari ibogamiye ku matwara ya gikomuniste (communiste).
Chaplin yaje kwemererwa kongera gusubira muri Leta zunze ubumwe za Amerika nyuma y’imyaka 20, maze agaruka bwa mbere mu mwaka w’1972 aho ndetse yari aje guhabwa igihembo cy’umuntu w’indashyikirwa yahawe muri Oscars muri uyu mwaka.
Charlie Chaplin n'umugore we Oona Chaolin, n'abana babo 6 mu 1961
Mu gitondo cyo kuri Noheli mu mwaka w’1977 nibwo Charlie Chaplin wari ufite imyaka 88 y’amavuko yaje kwitaba Imana azize indwara y’umutima, aho yari amaze gusaza. Nk’uko yari yarabyifuje, umuhango wo kumushyingura wabaye mu muhezo maze witabirwa n’abantu bake cyane, akaba yarashyinguwe nyuma y’iminsi 2 yitabye Imana, ni ukuvuga tariki 27 Ukuboza, mu irimbi rya Corsier-sur-Vevey mu gihugu cy’ubusuwisi.
Tariki ya mbere Werurwe mu 1978, imva ya Charlie yacukuwe n’abimukira 2 b’abashomeri aribo Roman Wardas waturukaga muri Pologne, na Gantcho Ganev waturukaga muri Bulgaria, aho umurambo we wafashwe bugwate n’abo bagabo, bawifashisha bategeka uwari umugore we Oona Chaplin kubaha amafaranga.
Urebye iyi foto, ukareba n'amafoto ya filime zisekeje yakinaga, ntiwamenya ko ari umuntu umwe. Nyamara uyu ni Charlie Chaplin
Nyuma y’amezi 2 bahigwa na polisi, aba bagabo baje gufatwa mu mukwabo ukomeye aho isanduku irimo umurambo we bari barayishyinguye mu murima wari mu cyaro cya Noville. Nyuma yo gufatwa, umurambo we wongeye kwimurirwa mu irimbi rya Corsier, hafatwa ingamba zo gukaza imva na beto aho nta muntu wari gupfa kongera kuyicukura.
Mu buzima bwe, Charlie Chaplin yashatse abagore 4, uwa nyuma akaba yarabaye Oona Chaplin babanye kuva mu 1943 kugeza yitabye Imana babyaraa abana 8, akaba yarabyaye abana 11 muri rusange.
Charlie Chaplin yasize umurage muri sinema, aho kugeza ubu afatwa na benshi nk’inkingi ya mwamba ya sinemaby’umwihariko filime zisekeje, aho ndetse kuri ubu afatwa nk’umwe mu bantu 100 baranze ikinyajana cya 20 nk’uko urutonde rwa Time Magazine rubivuga. Mu mwaka w'1975, umwamikazi w'ubwongereza Elisabeth II yamuhaye umudari w'ubuhangange, maze ku izina rye hiyongeraho Sir., yitwa Sir. Charles Spencer Chaplin.
Hirya no hino ku isi, hagiye hubakwa amashusho y'uyu mugabo, bimwe mu bigaragaza ubuhangange bwe
Kugeza n’ubu mu kinyejana cya 21, filime za Charlie Chaplin yakinnye nka The Tramp, The Great Dictator, The Gold Rush, Modern Times, City Lights n’izindi ziracyafatwa nka filime nziza ndetse zikinezeza benshi, aho ndetse zifashishwa mu kwigisha sinema mu mashuri akomeye hirya no hino ku isi.
REBA FILIME THE TRAMP IMWE MU ZA CHARLIE ZAMENYEKANYE CYANE

Aya mateka n'amafoto tuyakesha urubuga rwa Wikipedia.
posted by captain comrade

Ku butumire bw’Ishyaka NRM rya MUSEVENI; Bosebabireba arasobanura uko agiye gusubira Uganda

Umuhanzi wamenyekanye cyane mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Bosebabireba, aratangaza ko agiye gusubira muri Uganda aho agiye kwishimira intsinzi ya perezida Museveni yanamamaje ku butumire bw’Ishyaka NRM.
Mu Kwezi kwa Gashyantare 2016, Theo Bosebabireba yafatanyije n’abandi bahanzi batandukanye kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, ai nawe waje gutsinda ayo amatora.

Bosebabireba yabwiye amama.blogspot.com ko kwamamaza Museveni bitari muri gahunda, ngo yabisabwe n’umudepite witwa Sam Kutesa wamusanze mu rusengero agasanga yafasha ishyaka rya NRM kubona abayoboke cyane cyane mu bice byiganjemo abavuga ikinyarwanda muri iki gihugu.

Yagize ati “njye nari kuvuga ubutumwa mu rusengero haje umuyobozi ukomeye mu ishyaka rya NRM abonye uburyo nkunzwe aranyegera aransaba ko nabafasha kuko yambwiraga ko iyi nshuro bakomerewe dore ko bari bahanganye n’abahoze mu butegetsi.”

Theo Ubwo yaririmbaga mu bikorwa byo kwamamaza yahabwaga amafaranga n’abayobozi b’agace yagiye kwiyamamarizamo ndetse bakaba baranamusezeranije ko umunsi batsinze amatora azasubirayo akajya kubyina intsinzi.

Yagize ati “...iyo twajyaga kwamamaza mu gace runaka umudepite waho ni we wampembaga amafaranga n’ubwo ntayatangaza, ariko na none bambwiye ko nibatsinda nzasubirayo guselebra (kwishima).

Yongeyeho ko ubu ategereje ko bamuhamagara ubundi akajya gukora ibitaramo byo kubyina intsinzi ndetse aho bazanafungura ibiro bishya by’ishyaka rya NRM mu duce dutandukanye two muri Uganda. Ati “..ntegereje ko bampamagara nkasubirayo kuko hari n’ibiro by’ishyaka rya NRM tuzataha biri muri kampala ndetse tukazaba turi no kubyina intsinzi.”

Yakoreshaga amayeri akomeye ngo atagirirwa nabi.

Theo n’ubwo yamamazaga Museveni yadutangarije ko yabikoraga mu bwenge bwinshi yirinda ko abagande batavuga rumwe na Museveni bamuvumbura maze bakaba bamugirira nabi.

Bosebabireba yakomeje agira ari “n’ubwo namamazaga nabikoraga mu bwenge kugira ngo batangirira nabi mu gihugu kitari icyanjye. Iyo najyaga kuririmba bavugaga ko ari umukozi w’Imana wo mu Rwanda ariko ukunda Ubugande, nuko nkaririmba indirimbo zange gusa sindirimbe izamamaza.”

N’ubwo yirindaga kwerekana amarangamutima ye cyane, Theo ngo yajyaga ageza aho akabaza abarwanashyaka ba Museveni niba bamushyigikiye mu rwego rwo kwereka abamuhaye ikiraka ko ari gukora akazi.

Uwiringiyimana Theogene yamenyakanye mu Rwanda mu ndirimbo zitandukanye zihimbaza Imana akaba amaze iminsi aririmbira mu gihugu cya Uganda aho aririmbira cyane amatorero asengerwamo n’abanyarwanda bahatuye. posted by

umunsi wanyuma w'umwiherero 2013 utandukanye niyabanje yose

Umunsi wa nyuma w’umwiherero w’abayobozi bakuru utandukanye na 12 yabanje

Umwiherero wa 13 w’abayobozi bakuru b’igihugu waranzwe n’ibintu bitandukanye bitari bisanzwe bimenyerewe urebeye ku yindi 12 yabanje. Nibwo bwa mbere hatatangajwe imyanzuro yafatiwemo kuko Perezida Kagame yasabye ko yazandikwa nyuma igahabwa abawitabiriwe.

Ikindi cyagaragaye muri uyu mwiherero wari umaze iminsi itatu ubera mu i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, ni uko abayobozi bunguranaga ibitekerezo mu matsinda bitandukanye n’uko byari bisanzwe mbere aho hatangwaga ibiganiro.

Ibitaramo ni bimwe mu byari bisanzwe biteganywa ariko kuri iyi nshuro ntabwo byigeze biba ndetse mu buryo busa n’ubutunguranye Umuyobozi wa Transparency Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yatanze ikiganiro kuri ruswa mu gihe atari yaratumiwe mu itangizwa ry’uyu mwiherero.

U Rwanda n'ubufaransa aho namahoro?

Hagati y’u Bufaransa n’u Rwanda, urwishe ya nka rushobora kuba rukiyirimo

Umubano hagati y’u Bufaransa n’u Rwanda si shyashya nyuma y’amezi agera ku munani kiriya gihugu cyo ku mugabane w’u Burayi gishyikirije u Rwanda ubusabe bw’uko Fred Constant yakibera Ambasaderi mushya, none amaso yaheze mu kirere. nkuko iyi nkuru tuyikesha igihe.com ngo,

Michel Flesch w’imyaka 61 y’amavuko wari umaze imyaka hafi ine ahagarariye u Bufaransa mu Rwanda uhereye mu mwaka wa 2012, tariki 30 Nzeli 2015 yavuye mu gihugu ahagaritse imirimo ye, ajya mu kiruhuko cy’izabukuru abenegihugu b’Abafaransa bajyamo ku myaka 62 y’amavuko, ishobora kujya munsi bitewe n’igihe umuntu yatangiriye akazi.

Mbere y’uko Ambasaderi Flesch ajya mu kiruhuko, leta y’u Bufaransa yari yarashyikirije leta y’u Rwanda izina rishya ry’uwo yifuza ko yayihagararira, Fred Constant, wari usanzwe ari Ambasaderi w’iki gihugu mu birwa bya Antilles na Guyane, none amezi abaye hafi umunani leta y’u Rwanda itaratanga umwanzuro ku kwemera cyangwa kwanga uwo mugabo.

Mu bijyanye n’imibanire y’ibihugu [diplomacy], ntibisanzwe ko igihugu runaka gitanga izina ry’uwo cyifuza ko yagihagararira hagashira amezi umunani ataremezwa, kugera ubwo harenga amezi ane igihugu runaka kidafite ambasaderi ugihagarariye mu kindi.

Ibi kandi byiyongera ku kuba mu mwaka wa 2012 u Rwanda rwarangiye u Bufaransa guhagararirwa mu gihugu na Hélène Le Gal. Icyo gihe leta y’u Rwanda ntiyamwemeye hashingiwe ku mpamvu z’uko yari icyegera cya Alain Juppé wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukunze gushinjwa kenshi kuyigiramo uruhare mu buryo buziguye.

Uku kwamaganira kure Hélène Le Gal nako kwabaye ikindi kimenyetso cy’agatotsi kari mu mubano hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

Kwanga bamwe mu bahagararira u Bufaransa mu Rwanda bifitanye isano n’uruhererekane rw’ibibazo

Mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rujora bikomeye uburyo u Bufaransa bwijanditse muri politiki y’igihugu, kugeza aho runagize uruhare mu gutera inkunga leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana ubuzima bw’abasaga miliyoni, ibi bikiyongera ku gutererana abicwaga kandi barashoboraga kubarengera.

U Rwanda rushinja u Bufaransa gutoza Interahamwe zakoze jenoside, ndetse mu minsi ishize Guillaume Ancel wari umusirikare wabwo mu Rwanda mu gihe cya Operation Turquoise, yahishuye uburyo bitwaje ko baje gutabara, nyamara baje kurwanya FPR yari irajwe inshinga no guhagarika Jenoside.

Na nyuma y’ibyo u Bufaransa bwakunze gukoresha abacamanza babwo mu gushyiraho impapuro zo gufata abayobozi b’u Rwanda, ibintu byagiye bifatwa nko kuyobya uburari ngo buhishe ibibi bwakoze mu Rwanda.

U Bufaransa buri mu bihugu bicumbikiye benshi mu bakoze Jenoside, ariko ntibwakunze kugaragaza ubushake bwo kubakurikirana cyangwa kubohereza kuburanishirizwa mu Rwanda nk’uko ibindi bihugu bibikora.

U Bufaransa bushinjwa gutera inkunga ubutegetsi bwariho muri 1994 ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi
Imitego ya rugondihene: Raporo z’urudaca, icyuhagiro kuri FDLR

Ni kenshi u Bufaransa bwateze u Rwanda imitego inyuranye, hifashishijwe raporo zitandukanye zituruka mu miryango mpuzamahanga bufitemo ijambo rikomeye. U Bufaransa bushinjwa na bamwe mu basesenguzi kuba inyuma ya FDLR no gukorera mu mugongo wa Leta ya Perezida Nkurunziza mu Burundi.

Abasesenguzi kandi bagaragaza ko u Bufaransa buri ku isonga mu gukingira ikibaba FDLR, kuko buyifata nk’iturufu bushobora kwifashisha mu guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Biteye kwibaza byinshi kuba FDLR ishinjwa mu buryo simusiga gufata abagore ku ngufu muri Congo Kinshasa ndetse no gucucura abaturage utwabo, ubwo ntituvuze abo yivuganye muri kiriya gihugu, hanyuma kuri ubu ikaba yaratewe icyuhagiro, igaragazwa nk’umutwe w’abatavugarumwe na Leta y’u Rwanda, kandi mu by’ukuri ari umutwe w’iterabwoba ugizwe n’intagondwa zuzuye amaraso ku biganza.

March 8, 2016

amamara.blogspt.com yifurije umunsi mwiza abagore bose

nyuma yimyaka itari mike abagore bahejwe  na nyuma yuko bahawe agaciro bamwe bemeza ko kari gakwiye  ubu abagore benshi bishimira intanbwe bamaze gutera bakaba banashima leta y'u RWANDA  mukubashigikira  turaza kureba uko babyishimira kugeza uyu munsi ntucikwe  hamwe na captain comrade

UWAMAMAYE!!

muraho neza ? uyu munsi muraza kubona no kumva icy uwatowe nka cordinateur wa AERG/ICK atangaza nyuma yuko agiriwe ikizere akaba azayobora uyu muryango
ni mukanya hamwe na captain comrade ntucikwe!!!!

Twandikire

Name

Email *

Message *