Umunsi wa nyuma w’umwiherero w’abayobozi bakuru utandukanye na 12 yabanje
Umwiherero wa 13 w’abayobozi bakuru b’igihugu waranzwe n’ibintu bitandukanye bitari bisanzwe bimenyerewe urebeye ku yindi 12 yabanje. Nibwo bwa mbere hatatangajwe imyanzuro yafatiwemo kuko Perezida Kagame yasabye ko yazandikwa nyuma igahabwa abawitabiriwe.
Ikindi cyagaragaye muri uyu mwiherero wari umaze iminsi itatu ubera mu i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, ni uko abayobozi bunguranaga ibitekerezo mu matsinda bitandukanye n’uko byari bisanzwe mbere aho hatangwaga ibiganiro.
Ibitaramo ni bimwe mu byari bisanzwe biteganywa ariko kuri iyi nshuro ntabwo byigeze biba ndetse mu buryo busa n’ubutunguranye Umuyobozi wa Transparency Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yatanze ikiganiro kuri ruswa mu gihe atari yaratumiwe mu itangizwa ry’uyu mwiherero.
No comments:
Post a Comment
Thank you all