Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

December 25, 2017

Père Noël, Umutoza w’indangagaciro na serivisi inoze ku babyeyi


Mu nkuru ya  Igihe.com 
http://script.igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/pere-noel-umutoza-w-indangagaciro-na-serivisi-inoze-ku-babyeyi

bavuga ko Mu bihugu byinshi ku Isi, abana bategerezanya amatsiko umunsi wa Noheli, igihe "Père Noël" aza gutoza ababyeyi indangagaciro yo kugira ubuntu butiza urugi no guha abana ibyo basezeranyijwe. 

Mu Rwanda, kimwe no mu mahanga, Noheli ni umunsi w’ibyishimo kuri bose,ariko cyane cyane abana. Mu miryango ikize, iyifashije ndetse n’iyiyicira isazi mu jisho, usanga abana bishimiye cyane uyu munsi, ibyo bakabiterwa ahanini n’impano zitandukanye bahabwa n’ababyeyi babo cyangwa abandi bagiraneza. Akenshi izo mpano ziba ziganjemo imyambaro, ibikinisho, ndetse n’utuntu two kurya ababyeyi bashyikiriza abana kuri uwo munsi.
Ku rundi ruhande, uwo munsi urangwa n’ubusabane budasanzwe bw’ababyeyi n’abana. Ababyeyi barushaho guha abana serivisi nziza, bakabakorera agashya, babatembereza ahantu heza,cyangwa babaha amafunguro adasanzwe, mu rwego rwo kubifuriza umunsi mwiza wa Noheli. Muri rusange, twavuga ko ari wo munsi wo kumurika urukundo rukomeye hagati y’umwana n’umubyeyi.
Ku ruhande rw’abana, usanga na bo babukereye kuri uwo munsi. Akenshi, abana ntibashishikazwa n’uko Noheli ibibutsa iby’ivuka ry’Umucunguzi Yezu Kirisitu, ahubwo usanga ari umunsi wo gushyikirizwa impano zitandukanye bahabwa n’ababyeyi, binyuze ku musaza witwa « Père Noël » cyangwa « Father Christmas » mu ruzungu. Uyu musaza Père Noel akundwa cyane n’abana, ariko nta n’umwe uramuca iryera.
Iyo uwo munsi wegereje, imvugo iba imwe , ababyeyi bakayishyira mu ngiro. Abana babaza ababyeyi utubazo twinshi: Père Noël azaza ryari ? Azatuzanira iki ? Mama, mutubwirire Père Noël azibuke kutuzanira bya bintu twamusabye.

Père Noël ni Kibonumwe

Uhereye mu binyejana byashize kugeza ubu, Père Noel yakunze kwerekanwa mu mashusho atandukanye. Mu Gitabo cy’amasura « Facebook » cyangwa ku zindi mbuga nkoranyambaga, Père Noël agaragara nk’umuntu ushaje cyane kandi unaniwe. Aba yambaye igikanzu gitukura, akenyeye umukandara n’inkweto zirabura. Nyamara, uko avugwa si ko ateye ; n’abamuvuga ntibamubonye! Gusa , mu bitekerezo bya benshi, Père Noel ni Kibonumwe kandi ni Ikimenyabose. Ni umusaza ukorana cyane n’ababyeyi, abafasha kubonera abana impano ku munsi wa Noheli.

Ibikorwa bya Père Noël biruta amagambo

Uyu musaza umeze nk’inyenyeri ya kibonumwe avugwa ibigwi ku buryo bwinshi, mu bihugu bitandukanye mu bihugu by’i Burayi, Amerika na Aziya.
Ku munsi wa Noheli,iyo igicuku kinishye, Père Noël yinjira mu nzu anyuze mu gisenge. Ntajya avuga, kandi ntayoberwa aho yinjira cyangwa ameza arambikaho impano yahawe n’ababyeyi ngo azishyikirize abana.Arihuta cyane kugira ngo agere mu ngo nyinshi mu ijoro rimwe. Yinyurira mu bisenge by’inzu zose adategereje gukomanga ibipangu by’abantu bifite, cyangwa ngo anyeganyeze imyugariro y’ingo z’abakene. Ni umuntu utuje cyane, ukundwa n’abana ku isi yose.
Mu Rwanda,uyu musaza utangaje akundwa n’abana ku buryo abo ashyikirije impano bamuririmbira ku munsi wa Noheli; mu gihe, abandi babyutse amara masa bafata ikaramu bakamwandikira bagira bati “ Pere Noel, mubyeyi mwiza, ubwo uzagenderera abandi umwaka utaha, natwe ntuzadusige!”.
Muri Canada na Amerika, abana baviriyemo aho bakunze kumwandikira ku gasanduku k’iposita nomero H0H 0H0. Naho mu Rwanda, abana ntibaramenya nomero y’agasanduku k’iposita banyuzamo inzandiko ze, cyangwa urubuga nkoranyambaga bamushakiraho.
Twibutse abavuga indimi z’amahanga ko ubusanzwe,ijambo « noel » rituruka ku rurimi rw’Ikilatini « natalis dis », ari byo bisobanura « umunsi w’amavuko », akaba ari ho benshi bahera bizihiza umunsi Yezu Kirisitu yavutseho ; bityo ababyeyi na bo bakaboneraho kwishimira ko babyaye, ari na ko bagerageza kunezeza abana babo.
Ababyeyi mwikore mu mufuka mushake impano z’abana mudategereje indangagaciro mutojwe na Père Noel, bana na mwe mwishimire impano z’ababyeyi mutadegereje igicuku ngo uyu musaza yinjire iwanyu. Ak’imuhana kaza imvura ihise. Ababuze amikoro biyambaze Mutagatifu Nikola, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Père Noël.
Tubifurije Noheli Nziza n’Umwaka mushya muhire wa 2016. Mutagatifu Nikola, umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Père Noël.
Pere Noel asoma utwandiko tw'abana

December 12, 2017

Umukirisitu udatura ntaho ataniye n’usambana-Apotre Mutabazi

Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice, umushumba w’Itorero New Covenant Kingdom Citizen na Minisiteri yitwa World Foundation, avuga ko gutura amafaranga 500 y’u Rwanda rikwiye gutangwa n’abakozi bo mu rugo ndetse ko umukirisitu udatura ahwanye n’usambana.

Uyu mushumba avuga ko umukiritu akwiye gutanga amaturo kandi menshi kuko abakozi b’Imana bagomba kubaho neza kandi bagatungwa n’ibiva mu maboko y’intama bayoboye.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na IGIHE, ku ngingo ijyanye n’iby’abapasiteri bahesha umugisha umuntu babanje kumusaba amaturo.
Yagize ati “Imana yigeze kumbwira ngo ‘ituro ry’inote y’ijana ni iry’ababoyi n’abayaya ariko hari abarifashe nk’iry’aba ‘VIP’.”
Akomeza avuga ko abapasiteri benshi batangira batinya kwigisha abakirisitu ku bijyanye no gutura ariko ngo si byo.
Ati “Abantu benshi bagitangira umurimo bigira inuma ntagatifu ku mamera, bagashaka kutavuga amafaranga. Ikintu cy’amafaranga nushaka kugica ku ruhande cyangwa ugashaka kukivuga unonera, umurimo uzakunanira. Imana ntabwo ishyigikiye abakirisitu batajya batanga. Umuntu niba atanze nk’amafaranga 500 mu cyumweru agasengamo iminsi ine, aba atanze ibihumbi bibiri kandi ahembwa nk’ibihumbi 800 cyangwa 500. Ayo mafaranga atura yazamara iki? Niba udatura wumva ko pasiteri wawe azatungwa n’iki? Azarya sitariya? Gutanga ituro ni itegeko ry’Imana.”
Yakomeje agira ati “Uba mu Itorero ryanjye nkamenya ko usambana nakora iki? Hari amatorero amwe abahagarika, hari andi avuga ati ‘tuzakomeza tumwegere’. Uko ibyo babikora ku musambanyi ni ko nabikora ku mukirisitu udatura; ni ikintu kimwe, umukirisitu udatura ntaho ataniye n’usambana.”
Apôtre Mutabazi avuga ko bamwe mu bapasiteri bakora ikosa ryo gusaba abakirisitu amafaranga banyuze mu buhanuzi, ariko ko umukirisitu yigishwa ubundi agatura.
Ati “Nkanjye iyo mvuze amafaranga nyavuga nkomeje kuko Itorero risaba amafaranga. Urugero niba rusohora miliyoni mu kwezi rukeneye ibihumbi 250 buri cyumweru.”
Akomeza avuga ko nta kosa riri mu kwigisha abakirisitu gutanga amaturo, ngo keretse ku matorero afite abaterankunga mu bindi bihugu.
inkuru ya emma@igihe.rw

November 8, 2017

David MWUMVANEZA wayoboraga AERG ICK yahagaritswe b'agateganyo n'urwego rushinzwe gukemura impaka muri uyu muryango

Kuri uyu wa kabiri ahagana mu masaha ya 6h:34 z'umugoroba nibwo Akanama nkemurampaka kazwi nka CRC ko muri AERG/ICK, basohoye banavugira muruhume ibaruwa ihagarika by' #agateganyo Mwumvaneza David wari umuhuza bikorwa wa AERG/ICK 2017-2018 nkuko biteganywa n'amategeko.
Abitabiriye Inama bari buzuye muricyumba cy'inama
Mu nama yaguye ya commite ELARGIE yateranye kuri uyu wa kabiri CRC, niho yasomeye ibaruwa ihagarika by'agateganyo umuhuzabikorwa, nyuma y'igihe bari bamaze basuzuma imyitwarire, imikorere n'imikoranire igomba kuranga uyu mwanya wo kuyobora abanyamuryango b' AERG ICK, hashingiwe kungingo ziteganywa n'amategeko agenga imikorere n'imikoranire ya AERG, ahagarikwa by'agateganyo kumirimo ye yarashinzwe
David wahagaritswe kuri iyi mirimo, ntihigezwe hagaragawa impamvu atitabiriye iyi nama ifata imyanzuro, gusa bivugwako ngo atarakenye no kuyizamo

Abitabiriye inama wabonaga banyuzwe n'icyemezo cyabaye gifashwe,mugihe abari bahagarariye bureau bo bifuza kongererwa igihe bagakosora ibyo batujuje ariko nyamara igihe bahawe kikarengaho n'iminsi 2 ngo byari bihagije.
Abert IRAGENA MUSONI, ni perezida w' akanama nkemurampaka ka AERG ICK 2017-2018 nyuma yo gutangaza icyi cyemezo yavuze ko David MWUMVANEZA yabaye ahagaritswe by'agateganyo mugihe hakomeje ikusanywa ry'andi makuru avugwa muri uyu muryango wa AERG-ICK ayoboye, ariko ntibisonuye ko avanywe munshingano burundu."

iyi ni Ibaruwa yandikiwe David MWUMVANEZA
Ubwo basozaga Inama n'isengesho

buri wese yagiriraga amatsiko ibikurikiyeho

ibyavugwagaho byongeraga bikandikwa

abagize comite Elargie bose bari bahari
kuri wa kane nibwo hateganyijwe indi nama nayo ifitanye isano n'ibisabwa kugirango imyanzuro ntakuka ifatwe naho David MWUMVANEZA atanze ibisobanuro nkuko abisabwa byashingirwaho hemezwa kgukomeza kuyobora cyangwa kuva burundu munshingano.

November 2, 2017

Umuganda is contributing to social economic activities in Rwanda.

Shops, markets places, Bar and restaurants are closed, except Radios, TV, hospitals working. Streets are empty from 7.00AM to 11.00PM, and it is hardly to find any vehicles, motorists moving because it is Umuganda day.
Umuganda is always held on the last Saturday of the month. On this 28th/Oct/2017, main Task were to plant trees, they are planted in some parts of the country, the action held at Nyagatare District. Like in some communities come together, In Kicukiro district, Gatenga sector community carried various tools, the task to perform was the to repair road across from Gatenga to Kicukiro which was damaged by rain  fall down on  two days ago.
Executive secretary of cell, explains the reason why they have proposed to repair the road, after taking a look on how can increases the risk “the Umuganda originates from Kinyarwanda word meaning woods used to construct traditional house, so, community would call upon their family, friends and neighbors to help them complete a difficult task, using their shared hands” Nathalie recalls.
Figure 1 Nathalie Kamagaju speaking to community near Gatenga sector

                                        
At Umuganda, the work done differs from one area to another! In towns, people participate in cleaning streets, cutting grass and trimming bushes along roads, or repairing public facilities! Whereas In villages, people repair the roads which may was damaged by heavy rain, it depends most ones build houses for vulnerable persons or cleaning wells. All these activities done are playing a big role in the development of the country In addition, Rwanda is known as the best and cleanest country with clean roads, no plastic bottles and bags as well as garbage and litter. Therefore, this cleanliness of Rwanda cannot be found anywhere if compared to other countries. This has been achieved because of the “Umuganda”! After working together, the local leaders for promote participation and evaluate and report if the task is perfectly done and more so motivating people to keep the spirit up in addition, deal on next government policies, needs to be established.
Therefore, Umuganda has done great in promoting development and harmony in Rwanda. Citizens and outsiders are encouraged to participate in these activities. Besides some people took this community work as wastage of time but due to its significant achievements today, they are committed to work at I can advise people came to like and participate in it voluntarily by empowering youth initiative who can perform hard task than old man and women even disabled ones. “Together we can”


October 17, 2017

Bio of Michele Mitchell a very recognized Filmmaker, journalist and author of literary works

Michele Mitchell is an American filmmaker, journalist and author best known for her on-camera reporting for PBS and CNN Headline News and her documentaries "Haiti: Where Did the Money Go?" (PBS, 2013) and "The Uncondemned" (2016).
MoviesThe UncondemnedHaiti: Where Did the Money Go

Camarade taking selfie with Michele Mitchell at ICK

She grew up in Yorba Linda, California, and attended Esperanza High School, where she ran track and cross country, and wrote for the school newspaper and the youth section of The Los Angeles Times. She attended Northwestern University in Evanston, Illinois, where she earned a BSJ and MSJ in 1992. Throughout college, she wrote sports for the Chicago Tribune. Michele was a member of Delta Zeta sorority. Her first job was on Capitol Hill, where she was the youngest congressional communications director, for Rep. Pete Geren (D-TX), who became the Secretary of the Army for Presidents George W. Bush and Barack Obama.




Michele Mitchell   Photo internet

Her journalism career began during the height of the "Generation X" political trend, which she wrote about in 1998 in her first book, A New Kind of Party Animal: How the Young Are Changing Politics As Usual (Simon & Schuster).The book led to a job at CNN Headline News as a political analyst for the 2000 election. In 2001, she became the political anchor at Headline News, covering daily political stories and, post-9/11, she filed one of the last interviews given by the mujahadeen Abdul Haq. She particularly emphasized the Patriot Act, which earned her the verbal disdain of Attorney General John Ashcroft's staff and frequent appearances on Politically Incorrect. She left Headline News in 2003 after her second novel was published, but returned to television on Now with Bill Moyers on PBS. There, she filed investigative stories on the war on terror, vote fraud, women and the economy, and the Abramoff scandal.

In 2010, she began working on her own web series, tracking what happened to the money donated by private US citizens to major US charities after the earthquake in Haiti. The "Haiti: Where Did the Money Go?" web series debuted on social media in January 2011. She would then produce and direct a television documentary, also called "Haiti: Where Did the Money Go?" television documentary "Where Did the Money Go" The film, which aired over 1,000 times in the United States on PBS stations generated controversy when the American Red Cross attacked it as "inaccurate."However, the film was widely embraced, both critically and also by the Haitian community, activists, aid workers and Members of Congress. In 2013, the film won many awards, including a Gracie Award for Outstanding Investigative Program, a CINE Golden Eagle,[10] a CINE Special Jury Award for Best Investigative Documentary and won the 2013 National Edward R. Murrow Award for Best TV Documentary. It was also screened at the 2013 Miami Women's International Film Festival where it won Best Documentary Short.

In 2013, she began filming The Uncondemned with co-director Nick Louvel, a documentary about the first time rape was prosecuted as a war crime during the Rwanda genocide. In April 2015, she gave a TedX talk called "What's Rape's Brand" at TedXNavesink which discusses the topic of the film. The documentary was selected by the Hamptons International Film Festival to make its world premiere in October. It was named the Brizzolara Family Foundation Award Winner for a Film in Conflict & Resolution. On September 24, 2015, co-director Louvel was killed in a single-car accident hours after hand-delivering the film to the festival. The documentary would also win the Rabinowitz & Grant Award for Social Justice.

In June 2016, the final cut of the film made its debut at the New York Human Rights Watch Film Festival. Its US theatrical release is slated for the fall of 2016.

She is the recipient of the Gracie Awards and also received an honorable citation from the Overseas Press Awards for her coverage of Nepalese girls sold into indentured servitude. She also serves on the advisory board of the Authors Guild of America, Amman Imman and BYKids. She has reported extensively from Afghanistan, India, Nepal, Sri Lanka, Jordan, West Bank, Israel, Lebanon, Libya and Morocco and most of the 50 states.

source:

https://en.wikipedia.org/wiki/Michele_Mitchell_(journalist)

September 25, 2017

Menya byinshi kuri Kizito Mihigo wizihiriza isabukuru y’imyaka 36 muri gereza ya Mageragere

Kizito Mihigo ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2017 arizihiriza muri gereza nkuru ya Kigali isabukuru y’imyaka 36 amaze avutse. Kizito Mihigo, ari mu Banyarwanda bavuzwe cyane mu myaka nk’itandatu ishize, akaba yarabanje kuvugwa kubera ibikorwa byiza yamenyekanyeho ariko akaza no kuvugwa cyane mu gihe yari akurikiranyweho ibyaha birimo no gucura umugambi wo kwica umukuru w’igihugu, ibyaha agikurikiranyweho kugeza n’ubu.
KIZITO MIHIGO mu rukiko nabagenzi be photo by camarade

KIZITO MIHIGO mumyambaro ya photo by camarade

Umuhanzi Kizito Mihigo yavutse kuwa Gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 1981, avukira i Kibeho, umwe mu mirenge y’akarere ka Nyaruguru, mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo y’u Rwanda.Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana batandatu. Ababyeyi be Buguzi Augustin na Ilibagiza Placidie, bamureze mu bukristu gaturika. Ubwo yari afite imyaka 9 y’amavuko, Kizito Mihigo yatangiye guhimba uturirimbo tw’abana, maze nyuma y’imyaka itanu, aza kuvamo umuhanzi w’indirimbo za Kiriziya Gaturika wamamaye mu Rwanda. Mu mwaka w’1994, Se umubyara (Buguzi Augustin) yishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi. Kizito Mihigo yagiye avuga kenshi ko Jenoside yakorewe abatutsi iri mu byamuhaye inganzo y’ubutumwa yaje kujya aririmba
Ku myaka 14, ubwo yigaga mu mwaka wa mbere wa Seminari Nto ya Karubanda i Butare, yahimbye indirimbo nyinshi ziririmbwa muri Kiliziya Gaturika mu Rwanda kugeza n’uyu munsi. Mu mwaka wa 2000, (ubwo yari afite imyaka 19), Kizito Mihigo yari afite indirimbo zirenga 200 za Misa.
Abifashijwemo n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu, mu mwaka wa 2003 yagiye kwiga muzika i Burayi, maze mu kwezi kwa Nzeri 2008, aza kubona impamyabumenyi DFE « Diplôme de Fin d’Etudes», mu ishuri rya Conservatoire de Musique de Paris.
 Yigishije muzika mu ishuri ryisumbuye « Institut provincial » ryo mu Bubiligi, kuva mu mwaka wa 2008 kugeza muri 2010. Kuva yagera ku mugabane w’u Burayi, uyu muhanzi yatangiye guhimba n’izindi ndirimbo zitari iza Kiliziya, ahubwo zitanga ubutumwa bwubaka umuryango nyarwanda, bwunga kandi bubasaba kwihesha agaciro.
KIZITO MIHIGO  ahabwa igihembo  na  Jeannette KAGAME photo by camarade

Umuhanzi Kizito Mihigo yashinze kandi Umuryango KMP (Fondation Kizito Mihigo pour la Paix / Kizito Mihigo for Peace Foundation) aha uyu muryango intego yo guharanira amahoro n’ubumuntu mu bantu hakoreshejwe impano n’ubugeni bya gihanzi.
Mu mwaka wa 2011, Umuryango Imbuto Foundation wa Madamu Jeannette Kagame, wamuhaye igihembo nk’umunyarwanda ukiri muto wabashije gukora ibikorwa by’ubuhanzi byagize uruhare mu kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge.
Paji y’ubuzima bwa Kizito Mihigo yaje guhinduka kandi bitungura benshi muri Mata 2014, ubwo byatangiraga kuvugwa ko uyu musore yaba yarafatanyije n’abarwanya Leta y’u Rwanda, mu gucura umugambi wo kwica bamwe mu bayobozi bakuru b’u Rwanda barimo na Perezida Paul Kagame. Icyaje kurushaho gutungurana, ni uko Kizito Mihigo yiyemereye ibi byaha.
Ubwo Kizito Mihigo yagezwaga bwa mbere imbere y’urukiko, yahise yemera ibyaha byose aregwa ndetse aboneraho no gusaba imbabazi umukuru w’igihugu. Icyo gihe yagize ati: “Nsabye imbabazi. Nzi ko igihugu cyacu kiyoborwa n’abantu bafite umutima ntabwo kiyoborwa n’ibikoko, bababariye kugeza no kubishe abandi muri Jenoside. Nongera gusaba imbabazi mpereye ku buyobozi bw’igihugu, Perezida wa Repubulika musaba imbabazi mubwira ko nta kibi mwifuriza. Mbizeza ko nkiri wa wundi n’ubwo icyaha cyaje kikankubita hasi, nimbona imbabazi, nzereka Abanyarwanda imigambi yanjye no kurushaho gushimangira ibyiza nakoze mbere.”
Kizito yiyemereye ibyaha ataruhanyije anasaba ko yahabwa imbabazi n’umukuru w’igihugu agasubira mu muryango nyarwanda kwerekana ko yahindutse
Ubwo yasabirwaga gufungwa burundu, Kizito Mihigo yongeye kugaragaza ko agisaba imbabazi Perezida wa Repubulika n’umufasha we ku magambo mabi yabavuzeho, asaba imbabazi abacitse ku icumu rya Jenoside bose, ndetse anisegura ku buyobozi bw’igihugu n’Abanyarwanda muri rusange, aho yasabaga ko yahabwa amahirwe agasubira mu muryango nyarwanda gukosora amakosa yakoze.

Kuwa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2015, nibwo urubanza ubushinjacyaha bwaregagamo Kizito Mihigo na bagenzi be rwasomwe, abo bakaba ari Agnes Niyibizi, Ntamuhanga Cassien na Dukuzumuremyi Jean Paul, bakaba bose bari bakurikiranweho ibyaha by’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa umukuru w’igihugu, gucura umugambi w’ibikorwa by’iterabwoba no gufasha kurema umutwe w’abagizi ba nabi. Nyuma yo guhamwa na bimwe muri ibi byaha Kizito Mihigo akaba yarahise akatirwa igifungo cy’imyaka 10. Gusa yahise ajurira, kugeza ubu bikaba bitegerejwe ko azongera akagezwa imbere y’urukiko rw’ikirenga aburanishwa kuri ibi byaha, gusa igihe azongera kuburanira cyo ntabwo kiramenyekana.
Kizito Mihigo wizihiza isabukuru y’imyaka 36 kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2017, byari biteganyijwe ko iyo atajurira, yari kuzarangiza igihano cye muri 2024, ni ukuvuga igihe azaba afite imyaka isaga 43 y’amavuko. Gusa ibi byaba mu gihe nta nsimburagifungo, insubikagifungo cyangwa imbabazi yaba yahawe. Yabanje gufungirwa muri Gereza izwi nka 1930 ariko hamwe na bagenzi be aza kwimurirwa muri gereza ya Mageragere

IBIGANIRO (AMAJWI) BY’UKO KWA RWIGARA BASHAKAGA GUHIRIKA UBUTEGETSI BYAGIYE HANZE


Inkuru dukesha ukwezi.com  iravuga ko , Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 23 Nzeri 2017, aribwo Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, ubu bakaba bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu mujyi wa Kigali. Ni nyuma y’uko ibyaha bari bakurikiranyweho byiyongereyeho ikindi kiganisha ku bugambanyi no kugirira nabi ubuyobozi bw'igihugu, ubu noneho amakuru yagiye hanze akaba ari ay’ibiganiro abo muri uyu muryango bagiranye byerekana uko bari bafite uwo mugambi bafatanyije n’imitwe iba hanze irwanya ubutegetsi
Diane aha yaganiraga n'itangazamakuru PHOTO BY CAMARADE
Ubwo Polisi y’u Rwanda yamaraga guta muri yombi Diane Rwigara, Anne Rwigara na Adeline Rwigara, Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yatangaje ko impamvu zatumye bafungwa aho gukomeza gukurikiranwa bari iwabo, zirimo kuba ibyaha byariyongereye kandi bakaba barakomeje no kurangwa n’ibikorwa byo kunaniza iperereza.
ACP Theos Badege ati: "Haje kwiyongeraho n’imyitwarire cyane cyane kuri Diane, y’uko yatangiye kujya ku mugaragaro ku maradiyo n’ahandi mu by’ukuri avuga ibintu bigize igikorwa cy’iperereza kandi akenshi iperereza ry’ibanze twese tuzi ko rikorwa mu ibanga, hagamijwe kurinda nyine amakuru, ariko noneho n’uburemere bw’ibyaha, nyuma y’ibyo muzi bari bakurikiranyweho hariho n’ibindi bikorwa bigize icyiciro cy’ibyaha bivutsa umutekano igihugu, uko ari batatu umwe wese afite ibyo yakoze byinjira muri iki cyaha, icya mbere kiraganisha ku bugambanyi ku cyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi, icya kabiri ni uguteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, harimo ndetse n’ibindi wakongeramo biganisha ku kurwanya ububasha bw’amategeko n’ibindi. Ikigamijwe ni ukugirango iperereza risozwe neza nta bikorwa byo kukinaniza nk’ibyo bagaragaje".

Ikinyamakuru Taarifa kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nzeri 2017, cyatangaje indi nkuru ijyanye n’uburyo Diane Rwigara n’abo mu muryango we barimo n’abarwanya ubutegetsi bari hanze y’igihugu ndetse n’abo mu ihuriro rya RNC rya Kayumba Nyamwasa rirwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda, baba baragize umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi ariko bikaza kubapfubana.
Hashingiwe no ku majwi yashyizwe hanze, agaragaza ibiganiro nyina wa Diane Rwigara, Adeline Rwigara yagiranye n’umuvandimwe we (Nyina wabo wa Diane) witwa Tabitha Rwiza, hagaragazwa inzira ndende y’uburyo inzego z’iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzigo wa Diane Rwigara, yaburiye mu ndege yagombaga kumujyana i Los Angeles muri Amerika, akaza no kugarurwa mu gihugu ageze muri Ethiopia.
Muri ayo majwi, Adeline Rwigara hari aho abwira umuvandimwe we Tabitha ati: "Thabi hari ibiteye ubwoba noneho kurenza byose, ariko nturire. Diane, erega ni rwangendanyi, ntabwo nabona icyo nkubwira, muri Valise ye, ngo baramubwiye ngo, ubundi nta kintu yari yajyanyemo,.. Diane ngo ajya kugenda, yafashe amadosiye ayashyira mu ivalisi ngo bari bamubwiye ngo arahurira nayo i Los Angeles, urabyumva? Afata amadosiye ayashyiramo, kandi arimo bya bindi bya Politike, nakubwiye ko amanywa n’ijoro aba yandika, aba ahura n’abantu, ari muri Opposition (abarwanya ubutegetsi) ya hano mu gihugu, dore ko ihari nini cyane, amaze kurokirita (kwinjizamo), bamwe baramurokirise nawe ararokirita barahura, ntabwo mbazi ni abantu batabarika, sinzi ibyo ari byo. Afite abantu bakorana, ibyo yandika buri munsi simbizi, yari abizanye sinzi aho yari abijyanye, urumva? Mu mutwe we ni Politike gusa, none kugeza ubu baggage (imitwaro) zarabuze, n’iyo zaboneka baggage nk’iye ntishobora guhita batayirebye. Buriya bamuhagaritse muri Ethiopia, kuko natekereje ko bari bayikuyemo bayisomye, buriya ntabwo yageze ku ndege, bayikuyemo barayisoma. Ubu rero igikurikira ni Imana ikizi. Namubwiye nti hano ho ntugishoboye kuhuririra, kandi deja dufite idosiye, Dan Munyuza yaravuze ngo njyewe na Diane dufite dosiye, ngo bari kuba baramfunze imyaka 10 kuko natutse Sena Kiribo, bakamfunga nka Ingabire ntihagire ungeraho, ngo na Diane twembi dufite dosiye, ndamubwira [abwira Diane) nti ko uyizi, none ukaba uruzi noneho hari ibimenyetso bifatika, ntacyo umuntu yavuga, wagiye ugafata imodoka ugasohoka rwihishwa uciye iy’ubutaka ko utabura abantu bakujyana mu gihugu cya hafi, ukagenda wagera i Burayi ugashakisha ukuntu ugenda, wenda ukajya Canada cyangwa Amerika, byakwanga ukareba n’ikindi gihugu ujyamo, ariko ukaba ugiye tukareba. [Diane nawe] ati ashwi, ati ntabwo nagaruka, ati ubwo byaba birangiye... Ubwo kandi ntugirengo, kudashaka kuva aha ni ibyo bintu arimo. Ngo abo bakorana batabona ko yabatengushye,... ati sinshobora guhunga, mbese ubwo ikintu yavuganye n’abongabo, ngo ni ako bagomba guhangana bari mu gihugu, ngo n’iyo twagenda we ntiyahava. Ngo iyo group yabo biyemeje kujegeza abo ... bari mu gihugu, unyumvire ibyanjye. Ubwose noneho wahera he urira? Ngibyo, ngibyo uko bimeze..."
Uyu Tabitha, nyuma yo kumva ibyo yabwiwe na Adeline Rwigara, yarumiwe maze avuga ko yumva yumwe yumagaye, kuko atiyumvisha ukuntu Diane Rwigara yanze gusohoka ngo ave mu gihugu. Ati: "Numwe, numye numagaye! Ngo Diane ntabwo ashobora gusohoka ngo ave muri icyo gihugu? Ubwose urumva icyo asigaje ari iki niba bafashe ayo madosiye, arimo ibintu bya Politike, ejobundi batanze uruhushya ku mugaragaro bati umuntu wese uri mu mitwe y’iterabwoba ni ukumuhonda inyundo, ubwo arareba agasanga ari mu biki? Ni ibyo byatumye bamugarura, bari bamaze kubona ayo madosiye! Ubwo se iyo ubona ngo umuntu avuye i Kigali ageze muri Ethiopia imizigo ye irabuze, ibyo wowe urumva byumvikana? Urumva intera yo kuva aho kugeza muri Ethiopie ngo umuzigo urabuze? Nta soni? Ariko mbega Mama Diane we, uwo mwana... Nonese ubundi ko yari asohotse? Yari aje ari buzagaruke? Mana yo mu ijuru we, karabaye noneho murapfuye mwese murarangiye we, kubera ibyo bidosiye babonye n’ubundi mwari mufite dosiye! Umva rero mureke mbabwire, niba Diane adashaka gusohoka, nimwisuganye mugende, ni ukuri kw’Imana aho bigeze niba yumva ko atagomba gusohoka, ahubwo yagombye no kwihutira kuva muri icyo gihugu. Ngo guhangana? ... Guhanganira aho mu gihugu, hari umuntu uhangana n’umuhamba koko? Yaje hano hanze ko ari nabwo yabona ukuntu ahaguruka agahangana? ... Ngo ashaka guhangana ariko Mana yo mu ijuru..."
Muri rusange, muri ibi biganiro bagiranye bakabyohererezanya kuri Whatsapp, nyina wa Diane Rwigara agaragaza ko nawe ubwe atishimiye uburyo umukobwa ye ajya mu bya Politiki ndetse agashaka no guhangana na Leta hamwe n’itsinda rinini avuga ko bafatanya mu migambi yo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda. Nyinawabo Tabitha, nawe agaragaza ko uyu mukobwa ibyo akora byose badakwiye gukomeza kumubambaho, ko bakwiye kumureka agahangana wenyine bo bakihungira


NB: Ijwi rya Adeline Rwigara ryumvikana muri ibi biganiro, byumvikana ko risa n’iryo asanzwe akoresha mu biganiro bitandukanye yagiye yumvikanamo mu itangazamakuru



reference:
http://www.ukwezi.com/mu-rwanda/3/biganiro-amajwi-by-uko-kwa-Rwigara-bashakaga-guhirika-ubutegetsi-byagiye-hanze
 


September 20, 2017

ABANYAMURYANGO BA AERG ICK BASOMEWE MISA Y’UMUVANDIMWE WABO UHERUTSE KWITABA IMANA


Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/09/2017 AERG-ICK Nibwo yasomewe MISA yari yarasabye igirango yibuke kandi isabire UWIRAGIYE THEOGENE witabye Imana mu kwezi kwa kanama. Iyi MISA yo gusabira uyu muvandimwe ngo ni igitekerezo cyatanzwe n’abanyamuryango ba AERG-ICK no kubufatanye bw’imiryango yabarizwagamo bababajwe n’urupfu rw’uyu nyakwigendera.
Fr. Dr Balthazar NTIVUGURUZWA, umuyobozi wa ICK Afatanyije na Fr. Dr DUSHIMIMANA FIDEL ushinzwe amasomo muri ICK nibo basaseridoti bifatanyije n’iyi miryango banatura Igitambcy’ukaristiya cyaturiwe muri chapelle ya ICK.
Nyuma yigitambo cya misa habayeho ressemblemet generale nayo yateguwe n’umuryango w’abascout ukorera muri ICK. K’ubutumwa butandukanye bwagarutsweho, bwibanze cyane ku gushimira ubuyobozi bwa ICK Ndetse n’umuryango mugari wa ICK by’umwihariko n’abagize iki gitekerezo cyo kwibuka uyu muvandimwe bakamusabira MISA.
DUSHIMIMANA FIDEL ni umuyobozi w’abanyeshuri muri ICK naho MWUMVANEZA DAVID, ni Umuhuzabikorwa wa AERG-ICK kuri iyi ressemblement bahurije kugushimira cyane abanyamuryango muri rusange b’iyi miryango yombi kubufatanye bagirana Banizeza abagize umuryango w’abascout ko igihe cyose bazabakenera kumpamvu zo gufatikanya, ko biteguye kubaha ubufasha. Naho kuruhande rw’abascout bo bashimangiye cyane ko ibikorwa nkibi bazakomeza kubikora nka kimwe bafata nkinshingano mu muryango wabo.
UWIRAGIYE THEOGENE yari umunyeshuri mu mwaka wa 3, akaba yari afite inshingano zitandukanye CP, umuyobozi muri AERG na AGE/ICK, yari kandi n’umunyamuryango w’Abascout na AERG bikorera muri ICK. yitabye Imana kuwa gatanu tariki ya 4/08/2017 azize uburwayi.

Commissar of Information and Documentation at AERG-ICK 2017-2018
CAMARADE MUHIRE

September 18, 2017

Abarerewe mu baskuti bageneye abakiri bato impano ibinjiza mu muryango bemye


Abagize Urunana Nyarwanda rw’Abarerewe mu Buskuti (Rwanda Ancient Scouts Alliance- RASAL) bashyikirije barumuna babo bakibyirukira mu muryango impano ya fulari 300 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu nk’ikimenyetso gishimangira ko babashyigikiye.

Uyu muhango wabereye kuri Paruwasi ya Kabuye Centre de Pastorale St Herene, mu Murenge wa Jabana, kuri iki Cyumweru tariki 17 Nzeri 2017, wahurije hamwe abasaga 130 biganjemo urubyiruko rw’Abaskuti.
Amateka y’Abaskuti aha agaciro fulari (foulard/scarf) nk’ikimenyetso gikomeye kibaranga aho bari hose, bakayihabwa bwa mbere ku munsi bakozeho isezerano ribinjiza mu muryango.
Aka gatambaro gateye nka mpandeshatu kazingwa neza Abaskuti bakakambara mu ijosi, bikorwa kuva ubuskuti bwashingwa mu myaka yo hambere. Irindi hame ababarizwa muri uyu muryango bagenderaho ni iryo gutanga badategereje inyiturano nk’uko isengesho ryabo rigira riti “Urampe gutangana umutima ukeye, ntabishakira kuziturwa.”
RASAL yateguye iki gikorwa itewe inkunga n’abanyamuryango bayo babiri baba hanze y’u Rwanda, barimo Ingeli Elysa uba mu Budage na Venant Habiyakare uba muri Canada.
Ingeli Elysa, wari witabiriye uyu muhango, yasobanuye imvano y’igitekerezo cyo kugurira abakiri bato fulari ifatwa nk’ikimenyetso gikomeye muri uyu muryango.
Yagize ati “Naganirije ubuyobozi bwa RASAL ubwo nari ngiye kuza mu biruhuko nifuzaga gutanga impano y’amashati ya giskuti. Twasanze ubushobozi nari mfite bwari kuvamo atarenze 20 kandi twibukiranya ko muri iki gihe usanga hari benshi badafite fulari mu gihe zo nibura zihendutse. Twaje kwemeranya gushakira abana b’abaskuti fulari, nyuma mugenzi wanjye Venant Habiyakare nawe aza kunyunganira tugera ku mubare wa fulari 300”.

May 22, 2017

Muhanga – Abana batatu batuye mu Mudugudu wa Munyinya, Akagari ka Ruli, mu Murenge wa Shyogwe bahangayikiye mu nzu ya bonyine nyuma y’aho umubyeyi bari basigaranye nawe afungiwe.

Iyo imvura iguye nijoro barabyuka bakicara kubera ko umusambi baraho uba watose.
Iyo imvura iguye nijoro barabyuka bakicara kubera ko umusambi baraho uba watose.
nkuko tubikesha ikinyamakuru UMUSEKE.RW ngo Mu kiganiro aba bana bagiranye bavuze ko Se ubabyara yakoze impanuka mu myaka itanu ishize ahita yitaba Imana, basigarana na Nyina, gusa nawe baje kumubura bamureba kuko ngo yaje gukora icyaha ahanishwa igihano cy’igifungo ubu akaba ari muri Gereza ya Muhanga.
Aba bana bavuga ko nubwo bari mu bukene bukabije bakiri kumwe na nyina bumvaga nibura babayeho kimwe n’abandi Banyarwanda bose batishoboye, ariko nyuma y’aho uyu mubyeyi afungiwe ubukene bwarushijeho kubugariza ndetse ngo bajya no mu bwigunge.
Mu nzu ntoya yatobaguritse amabati niho Umunyamakuru w’Umuseke yabasanze, muri aka kazu bigaragara ko barara hasi ku butaka ku gasambi (umusambi) gashaje, udusafuriya n’ikiro kimwe cy’umuceri nibyo twahabonye. Aba bana bakavuga ko n’ibiryo bike babasha kubona babikesha ubuyobozi bushya bw’Umurenge wa Shyogwe nubwo nabyo ngo batangiye kubihabwa kuva mu kwezi gushize.
Aba bana bavuga kandi ko mbere y’uko batangira guhabwa aya mafunguro bari baravuye mu ishuri bakajya gukora akazi kugira ngo babone imibereho.
Uretse ibi bibazo by’imibereho, aba bana bavuga ko nta bwiherero bagira ndetse ngo n’iyo imvura iguye  nijoro barabyuka bakicara bakarindira ko ihita kuko ngo baba batakiryamye mu muvu watembeye ku musambi bararaho.
Umwe muribo yagize ati “Tubonye icumbi byadufasha ariko n’ibiribwa ntituzi niba tuzakomeza kubihabwa ngo tubashe kuguma ku ishuri, gusa dushimira Umuyobozi w’Umurenge mushya wabashije kudusubiza mu ishuri akanaduha ibiryo bidutunga.”
Aba bana bavuga ko bafite imibereho mibi ariko nta kundi babigenza.
Aba bana bavuga ko bafite imibereho mibi ariko nta kundi babigenza.
Umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Murenge wa Shyogwe NIYITEGEKA Jeanne, avuga ko  aho bamenyenye ikibazo cy’aba bana babanje gukora igikorwa cyo kubasubiza mu ishuri kuko ngo bari bamaze igihe kitari gito bataririmo, babagurira imyenda y’ishuri n’ibikoresho, bakurikizaho kubaha ifunguro.
Ati “Turimo gusaba Diyosezi ya Kabgayi ko yatuza aba bana muri ‘Cité de Nazareth’ kuko twasanze ari bato ku buryo batakwibana, dutegereje igisubizo mu minsi ya vuba.”
Aba bana babwiye Umunyamakuru w’Umuseke ko hari igihe bajya gushaka inkwi zo guteka no kuvoma amazi mu kabande bagaruka bagasanga hari udukoresho bibwe kubera ko inzu yabo idakingwa.
Aba bana kandi ubu nta bwisungane mu kwivuza bafite, hakaba hari impungenge ko baramutse barwaye cyangwa umwe muribo akarwara byagorana kuvuzwa.
Ngo Ubuyobozi bw’Umurenge wa Shyogwe bwagerageje gushaka kubishyurira ubwisungane mu kwivuza ariko biranga kuko babaruye kuri Nyina ufunze.

April 25, 2017

ICK IRIBUKA KU NSHURO YA 23 GENOCIDE YAKOREWE ABATUTSI MURI MATA 1994

ICK IRIBUKA KU NSHURO YA 23 GENOCIDE YAKOREWE ABATUTSI MURI MATA 1994
 
KUWA 5: Le 28/04/ saa 17h:00 hazaba misa yo gusabira abatutsi izabera muri chapelle nto ya ICK
KUWA 6: Le 29/04/ saa 14h: 30 hazaba urugendo rwo kwibuka "walk to remember" tuva muri ICK twerekeza i kabgayi ku rwibutso ahazabera indi mihango yo gushyira indabo no kunamira imiri ihashyinguye, umva, guhera saa 17h:00 gahunda nyirizina Iirimo umugoroba wo kwibuka bizakomereza muri ICK.

uzaze dufanaye kwibuka ibyibaye bitazongera ukundi
"twibuke genocide yakorewe abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya genocide dushyigikira ibyiza twagezeho"

February 27, 2017

CRC akanama Nkemurampaka ka AERG ICK kasoje kumugaragaro imirimo yako

CRC akanama Nkemurampaka ka AERG ICK kasoje kumugaragaro imirimo yako. 


Kuri iki cyumweru tariki ya 26/02/2017 ahagana mu ma saa 16h:34 nibwo akanama nkumurampaka ka AERG ICK kasoje imirimo yako irimo gukurikirana amategeko agenga umuryango n'iyubahirizwa ryayo, kuvugurura no gushyiraho amahame ngenderwaho aranga umunyamuryango wa AERG ICK, gutegura no guhagararira amatora ayo ariyo yose mu muryango n'ibindi bitandukanye. 


CRC 2015-2016 ya AERG-ICK Mbere yuko bava mushingano bagombaga gutegura abandi bazabasimbura. Maze mu myiteguro n'ubushishozi bwabo, bayoboye igikorwa cy'amatora kuva atangiye kugeza asojwe maze hatorwa aba bakurikira:

President CRC:

MUSONI Albert

VIS PRESIDENT. CRC:

UWIRAGIYE Theogene

SECRETARY CRC:

INGABIRE Anastasie

2 ADVISERS CRC

MUSABYIMANA Eric

UWIZEYIMANA Rachel 

Bahise barahirira inshingano binjiyemo kumugaragaro 


Iyi commite yagiye munshingano mu mwaka wa 2016_2017 kuwa 26/2/2017 nyuma yo kwakira indahiro zabo imbere y'inteko itora, Bakinjira mushingano

February 26, 2017

Uzi aho byavuye kuvuga ngo umuntu “Yaguye Ivutu/i Vutu”?


“Yaguye ivutu” ni umugani baca babonye umuntu waguwe nabi n’ibyo yariye cyangwa se byamwishe buhambe; ni bwo bavuga ngo “Naka yaguye ivutu”. Wakomotse ku mugabo Rwahura rwa Magenda wo mu lceni mu Bungwe (Butare), ahagana mu mwaka wa 1500.
Umwami Ndahiro Cyamatare amaze kwicwa n’Abakongoro bamutsinze i Rubi rw’i Nyundo ho mu Bugamba mu Cyingogo (Gisenyi), abanyamaboko bose bigabagabanyije u Rwanda; Abasinga biha i Nduga n’igice kinini cy’Inkiga, Ababanda bigarurira Nyaruguru na Mvejuru n’u Bungwe.
Mu Bungwe hagatwarwa n’umugabo Rwahura rwa Magenda, yari atuye mw’Iceni hegereye ibisi bya Huye, akaba umugaragu wa Cyamatare w’icyegera.
Rubanda rero bamaze kwigarurira ayo mahugu, u Bungwe barabumunyaga kuko yari umusindi nka Cyamatare. Baramufata baramuboha, baramucukura (basaka umutungo we); Amatungo ye yose barayatwara, asigara ari umutindi nyakujya. Ubwo atangira gufata isuka arahinga, ariko abanzi be bamugirira ishyari; bajya kumurega kuri Ntampuhwe wari wigaruriye u Bungwe bavuga ko amurogesha; bati “Nta bwo asiba kujya i Burwi kukurogesha”.
Ntampuhwe yohereza abajya kumufata. Inshuti ze zari aho zibatanga iwe ziramuburira. Ahera ko afubaganya aracika; acikira ku nshuti ye yitwaga Musana yari ituye i Giseke na Nyagisenyi mu Busanza. Agezeyo amutekerereza amakuba arimo. Musana abyumvise agira ubwoba, aramubwira ati “Wabuze gucikira i Burundi, none ucikiye mu Rwanda rwagati !” Ati “Ejo se bakumbonanye ntitwapfana!” Aramushwishuriza, ati “Reba ahandi wagana jye sinashobora kugutungira aha.”
Rwahura abura uko abigenza. Bumaze kwira aragenda asesera mu bihuru araramo. Abimazemo kabiri inzara n’inyota biramurembya. Noneho yigira inama yo kujya i Gacu na Rwabicuma kwa mushiki we wari uhari. Aragenda agerayo mu rutaha rw’inka. Muramu we amukubise amaso kandi azi ko bamuhiga aramwamagana, ati “Ntungerere mu rugo ntawe upfa ngo undi yapfuye!”
Rwahura arashoberwa acaho aragenda, nanone arara mu bihuru buracya. Inzara imaze kumurembya ahengera bugorobye aradogagira ajya i Bunyambilili, kwa Rugaragara munywanyi we wari utuye ku murenge witwa Vutu. Akigerayo isari iramusabayanza yikubita hasi; Bahuta bamufungurira ararya arahaga ariko ubuhage bumutera kugwa ubukengeri ku mpamvu y’umukoroza; arirenga arapfa amazimwe ashirira aho.
Naho uko yagacitse, Ntampuhwe agumiriza gushakisha aho aherereye baramubura. Bukeye umugabo wo mu Bungwe ajya i Bunyambilili kugura itabi. Agezeyo amenya ko Rwahura yapfuye yishwe n’ubukengeri bw’ibiryo ataherukaga. Asubira iwabo kubimenyesha Ntampuhwe, kugira ngo boye gukomeza kurushywa n’ubusa ngo baramushaka.
Ati “Ntimuzongere kwirushya mushakashaka Rwahura ukundi yaguye i Vutu mu Bunyambilili yishwe n’ibiryo kwa munywanyi we Rugaragara bamuramije.”

February 23, 2017

ITANGAZO rigenewe abanyamuryango ba AERG-ICK



ASSOCIATION DES ETUDIANTS ET ELEVES RESCAPES DU GENOCIDE
logo
SECTION DE L’INSTITUT CATHOLIQUE DE KABGAYI (AERG/ICK)
E- mail : aerg_uck@yahoo.fr  Tel : 07 83013604, 07 88574985
                                                  ITANGAZO
UMURYANGO AERG ICK URAMENYESHA ABANYAMURYANGO BAWO KO KURI UYU GATANDATU TARIKI YA 25/02/2017 GUHERA ISAA 14H:00  ZAMANYWA HARI IMIKINO MPUZAMAFAMIYE (INTER-FAMMILY) IYI MIKINO IZABERA KU BIBUGA BIKURIKIRA SAINT LEO NO KURI MALALIYA, NTIMUZABURE CYANGWA NGO MUKERERWE.
TUBIFURIJE INSINZI KURI MWESE!
                        
Umuyobozi ufite imikino n’ munshingano
                                                           AERG/ICK
                                                    NIYONSABA Janvier

Twandikire

Name

Email *

Message *