Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

February 14, 2020

Rubavu: Abahinzi bijejwe ubufatanye n’akarere ubwo Hatangizwga igihembwe cy’ihinga cya 2020 umwaka B kumugaragaro.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu arizeza abahinzi ko Bazakomeza gutanga ubufasha bwose bushoboka kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wiyongere kurushaho. Ibi yabivugiye mu mu muhango ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2020 B murenge wa Nyamyumba mu kagali ka Burushya. 
    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye 
itangizwa ry'igihembwe cy'ihinga 2020 B

N’igikorwa cy’itabiriwe, n’abakozi b'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), inzego z'umutekano zikorera mu Karere, abakozi b'umushinga Hinga Weze n'abaturage b'umurenge wa Nyamyumba biganjemo abahinzi b’umumwuga bibumbiye mu mashyiramwe, ahatewe imbuto y'ibigori by’indobanure,

Bayingana Ligobert, umuyobozi w’ishami ry’ubuhinzi mu karere, avuga ko igihembwe cy’ihinga cya 2020 bakomeje gutegura iki gihembwe no gukurikirana hirya no hino abahinzi babafasha kugirango ibiri no mu muhigo bizagerweho, hagamijwe kongera imbaraga mu ishyirwamubikorwa rya Gahunda mpinduramatwara mu buhinzi.

Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, ubwo yageza
 ubutumwa kubaturage b'umurenge wa Nyamyumba
Abahinzi, bavuga ko biteguye kandi bizeye umusaruro uzava muri iki gihembwe kuko bashimira uko bakoranye n’akarere mu buhinzi bwabo aho begerejwe Abacuruza inyongeramusaruro, imbuto n’ifumbire basobanura ko zahageze kare bityo ko nta na kimwe kizatuma umusaruro utiyongera muri iki gihembwe cy’ihinga.
Nyuma yo kwibutswa ko akarere kashyizeho abacuruzi b’inyongeramusaruro, abahinzi biyemeje gukorana biyandikisha muri Gahunda ya nkunganire nk’umwe mu myanzuro y’inama yo kwa 6/02/2020 yahuje abakora umwuga w’ubuhinzi n’ubuyobozi bw’akarere  uvuga ko hazabaho Kongera ubukangurambaga bwa Smart Nkunganire kugira bitarenze ukwezi kwa Gashyantare 2020, abahinzi bose bazabe bariyandikishije muri Smart Nkunganire.
Raporo y’ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ivuga ko ubuhinzi ari inkingimwamba y’ubukungu bw’igihugu aho butanga 33% by’’umusaruro mbumbe w’igihugu na 80% y’ababuboneramo akazi ugereranyije n’indi mirimo ikorwa mu gihugu.

ifoto y'umuyobozi w'akarere, Ubwo hategurwaga imbuto y'ibigori




















Camarade MUHIRE


No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *