Mu murenge wa Mudende ho mu karere Rubavu kubufatanye n'ubuyobozi bw'umurenge na Prime insurence, hatangijwe gahunda yo guha ubwishingizi inka muri gahunda ya Leta kubufatanye na minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi (MINAGRI) yo guha ubwishingizi Bw'ibihingwa n'amatungo yatangiye 2018.
N'umuhango wayobowe n'umukozi wa MINAGRI mu turere twa Rubavu, karongi , na Rutsiro arikumwe n'ubuyobozi bw'umurenge, inzego z'umutekano zikorera muri uyu murenge.
Inka zahawe ubu bwishingizi zambwitswe iherena ry'ikoranabuhanga rizafasha ikurikiranwa ryazo aho zizaba ziri hose, mu rwego rwo kuzirinda no kuzikurikirana mu mibereho n'imyororokere yazo
NYIRAGUMIRIZA Everine avuga ko yishimiye ubwishingizi yahawe, abibona nk'amahirwe adasanzwe aho azaba yemerewe kujya muri banki maze kwaka inguzanyo kuko yumva afite ingwate: yagize ati: "Ndashimira cyane iyi gahunda, nkubu najemo kuko nteganya kuba naguza amafaranga muri banki nkikorera ubuhinzi, cyangwa ubundi bworozi, yanamfasha no kwishyura ishuri ry'umwana wanjye..."
UGIRIRABINO Elizaphan, umunyamabanganshingwabikorwa w'umurenge wa Mudende yashimiye cyane iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi ku matungo n'ibiribwa by'umwihariko ko ari iterambere ryegerejwe abaturage bo mu murenge ayobora, yashishikarije abahinzi n'aborozi kuzitabira ubu bwishingizi kuko ari ukwizigamira bitanga igisubizo ku bishobora kubabera imbogamizi mu buhinzi n'ubworozi bwabo
Ubwishingizi bwatanzwe kuri iz' inka, nubuzagoboka banyirazo mu burwayi, ibyorezo, n'impanuka zishobira kubaho.
Rwema Justin, umukozi wa Minagri wari muri iki gikorwa yasobanuriye abaturage amavu n'amavuko y'iyi gahunda ya Leta y'ubwishingizi yiswe " Tekana urishingiwe muhinzi Mworozi" avuga ko yaje ije kumara impungenge abaturage bakora uyu mwuga byakijyambere no gukemura ibibazo by'ugarije ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda
yasabye abaturage gukomeza gukorana n'abaveterineri babasobanuza ibyo batumva mu rwego rwo gufatanya kugirango hakorwe ubworozi n'ubuhinzi bikozwe kinyamwiga hiyongera umusaruro.
Ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo ku rwego rw'akarere ka Rubavu bwatangiriye mu murenge wa Rubavu, ni mugihe mu murenge wa Mudende, habarurwa aborozi ibihumbi 2816. naho inka 23 nizo zahawe ubwishingizi ku ikubitiro.
biteganyijwe ko ubukangurambaga buzakomereza mu bahinzi, aborozi n'abandi bafite aho bahuriye n'uyu mwuga kugirango iyi gahunda igere kuri bose.
Kuri iyi Blog, dutambutsaho amakuru nyayo kandi y'ingenzi yagirira akamaro abanyarwaanda ndetse n'abatuye isi muri rusange, n'amakuru yuzuye kandi yizwe, kuko abayakora bazi icyo batanga. Duhamagirye buri wese Gusoma, agakwirakwiza, agakunda izi nkuru zo kuri amamara.blogspot.com ukeneye ko tukwamamariza wahamagara kuri telephone zikurikira: 0781190354 na 0728085087
Benitha Make Up

Shine the moment with Professional Artist
Popular Posts
-
On Tuesday June 25th, 2019 at 11:15 am the students hold a conference with the Faculty Board. the conference was aimed at discussing abou...
-
Mu bikorwa bye byo kwiyamamaza akomeje kugira mu ntara y’iburengerabuza, Nkiliye Ildephose uri kwiyamamariza muri utu turere aravuga ko...
-
Burya mu rukundo, bisaba ibintu byinshi abakundana baba bagomba kwitwararika kugira ngo urukundo rwa bo rurambe ndetse n’abandi babe bagira ...
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
No comments:
Post a Comment
Thank you all