Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

September 20, 2017

ABANYAMURYANGO BA AERG ICK BASOMEWE MISA Y’UMUVANDIMWE WABO UHERUTSE KWITABA IMANA


Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/09/2017 AERG-ICK Nibwo yasomewe MISA yari yarasabye igirango yibuke kandi isabire UWIRAGIYE THEOGENE witabye Imana mu kwezi kwa kanama. Iyi MISA yo gusabira uyu muvandimwe ngo ni igitekerezo cyatanzwe n’abanyamuryango ba AERG-ICK no kubufatanye bw’imiryango yabarizwagamo bababajwe n’urupfu rw’uyu nyakwigendera.
Fr. Dr Balthazar NTIVUGURUZWA, umuyobozi wa ICK Afatanyije na Fr. Dr DUSHIMIMANA FIDEL ushinzwe amasomo muri ICK nibo basaseridoti bifatanyije n’iyi miryango banatura Igitambcy’ukaristiya cyaturiwe muri chapelle ya ICK.
Nyuma yigitambo cya misa habayeho ressemblemet generale nayo yateguwe n’umuryango w’abascout ukorera muri ICK. K’ubutumwa butandukanye bwagarutsweho, bwibanze cyane ku gushimira ubuyobozi bwa ICK Ndetse n’umuryango mugari wa ICK by’umwihariko n’abagize iki gitekerezo cyo kwibuka uyu muvandimwe bakamusabira MISA.
DUSHIMIMANA FIDEL ni umuyobozi w’abanyeshuri muri ICK naho MWUMVANEZA DAVID, ni Umuhuzabikorwa wa AERG-ICK kuri iyi ressemblement bahurije kugushimira cyane abanyamuryango muri rusange b’iyi miryango yombi kubufatanye bagirana Banizeza abagize umuryango w’abascout ko igihe cyose bazabakenera kumpamvu zo gufatikanya, ko biteguye kubaha ubufasha. Naho kuruhande rw’abascout bo bashimangiye cyane ko ibikorwa nkibi bazakomeza kubikora nka kimwe bafata nkinshingano mu muryango wabo.
UWIRAGIYE THEOGENE yari umunyeshuri mu mwaka wa 3, akaba yari afite inshingano zitandukanye CP, umuyobozi muri AERG na AGE/ICK, yari kandi n’umunyamuryango w’Abascout na AERG bikorera muri ICK. yitabye Imana kuwa gatanu tariki ya 4/08/2017 azize uburwayi.

Commissar of Information and Documentation at AERG-ICK 2017-2018
CAMARADE MUHIRE

No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *