Umuntu umwe wari mu masengesho ku musozi wa Kanyarira ukunze kūrirwa n’amagana y’abajya kuwusengeraho yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Werurwe.
Uwapfuye yitwa Mukamuyango Dancille w’imyaka 48 wari wagiye gusenga aturutse mu Karere ka Gasabo, ku Kimironko. Abari kumwe na we bavuze ko ari bwo bwa mbere yari agiye kuhasengera.
Mukamwiza Marie Providence, Gitifu w’akagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye uhana imbibi n’Akagari ka Rusovu muri Nyarusange, aho yaguye yatsikiye ahirima ku bitare by’amabuye agera hasi mu kabande yapfuye.
Ni umusozi bisaba kuwuzamuka witonze kubera ukuntu umeze
Umwe mu bari kumwe na we bajyanye gusenga yavuze ko nta ndwara n’imwe yari arwaye ahubwo ko ibyo bibuye yaguyeho ari byo bishobora kuba byamwishe.
Mukamwiza yasobanuye ko inzira banyuzemo ari mbi kandi bari baranayifunze kubera uburyo iteye nabi. Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Kabgayi ngo ukorerwe isuzuma.
Mu masengesho biremamo amatsinda abafasha gusenga no guhugurana
Umusozi wa Kanyarira wurirwa na benshi bajya kuwusengeraho, baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu. Abahasengera bizera ko ibyifuzo bajyanyeyo bataha Imana ibibakemuriye.
Muri Nyakanga 2015, kuri uyu musozi haguye umupolisikazi na we yagiye gusenga. Icyo gihe ubuyobozi bwasabye abagana ku Musozi wa Kanyarira kuba bitonze hakabanza hagashyirwa ibikorwa remezo, ubundi hagashyirwa abashinzwe umutekano ku buryo bazajya bahajya nta kindi kibazo.dore amwemumafoto yabaza gusenga
Kuri iyi Blog, dutambutsaho amakuru nyayo kandi y'ingenzi yagirira akamaro abanyarwaanda ndetse n'abatuye isi muri rusange, n'amakuru yuzuye kandi yizwe, kuko abayakora bazi icyo batanga. Duhamagirye buri wese Gusoma, agakwirakwiza, agakunda izi nkuru zo kuri amamara.blogspot.com ukeneye ko tukwamamariza wahamagara kuri telephone zikurikira: 0781190354 na 0728085087
Benitha Make Up

Shine the moment with Professional Artist
Popular Posts
-
On Tuesday June 25th, 2019 at 11:15 am the students hold a conference with the Faculty Board. the conference was aimed at discussing abou...
-
Mu bikorwa bye byo kwiyamamaza akomeje kugira mu ntara y’iburengerabuza, Nkiliye Ildephose uri kwiyamamariza muri utu turere aravuga ko...
-
Burya mu rukundo, bisaba ibintu byinshi abakundana baba bagomba kwitwararika kugira ngo urukundo rwa bo rurambe ndetse n’abandi babe bagira ...
March 22, 2016
UWAJE GUSENGA NKABANDI WE NTIYATASHYE AHUBWO YARAPFUYE!!!
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
No comments:
Post a Comment
Thank you all