Hari hashize igihe gito muri aka karere ka kicukiro,nubundi mu muhanda uva sonatube uzamuka werekeza i nyanza , gahanga, bugesera havuzwemo impanuka za hato nahoto, none uyu munsi kuwa 11/10/2016 ahagana mu masaha yigicamusi, Abantu bataramenyekana umubare bamaze kugwa mu mpanuka y’ikamyo ya gisirikare yabereye i Nyanza ya Kicukiro,
Iyi kamyo yari itwaye abasirikare ku burinzi yabirindutse hagapfa abantu tutarabasha kumenya umubare.
Abari aho batangaje ko iyo kamyo yamanukaga i Nyanza ya
Kicukiro yacitse feri ikagwa muri ruhurura (mu nkengero z’umuhanda),
abagera kuri batandatu bikaba bikekwa ko bahise bitaba Imana, abandi
benshi bagakomereka.
aha iyi kamyo yari yaguye muri ruhururaAbantu bari bashungereye ari benshi
Abakomeretse n’abitabye Imana ngo bajyanwe ku bitaro bya gisirikare bya Kanombe.
Usibye abasirikare bari bayirimo, nta muturage wundi wapfuye cyangwa
ngo akomereke nk’uko byatangajwe na CIP Emmanuel Kabanda, Umuvugizi wa
Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda. ibindi kuri iyi nkuru mugenzi wacu ara cyabikurikirana................
Kuri iyi Blog, dutambutsaho amakuru nyayo kandi y'ingenzi yagirira akamaro abanyarwaanda ndetse n'abatuye isi muri rusange, n'amakuru yuzuye kandi yizwe, kuko abayakora bazi icyo batanga. Duhamagirye buri wese Gusoma, agakwirakwiza, agakunda izi nkuru zo kuri amamara.blogspot.com ukeneye ko tukwamamariza wahamagara kuri telephone zikurikira: 0781190354 na 0728085087
Benitha Make Up
Popular Posts
-
Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice, umushumba w’Itorero New Covenant Kingdom Citizen na Minisiteri yitwa World Foundation, avuga ko gutura ama...
-
None ku wa Kabiri, tariki ya 28 Mutarama 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perez...
-
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu arizeza abahinzi ko Bazakomeza gutanga ubufasha bwose bushoboka kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wiyongere kuru...
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
No comments:
Post a Comment
Thank you all