Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

July 18, 2018

Congo Brazzaville mu rugendo shuri ku ihame ry'uburinganire n'iterambere mu Rwanda


Uruzinduko rw’abayobozi ba Congo Brazavile muri Ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Isomo bakomeje kwiga ku Rwanda.

kuri uyu wa gatatu, 18/07/2018, Itsinda ririmo abadepite, abasenateri, ambasaderi n’abandi bahagariye ubuyobozi bwa leta ya Congo Brazavile, barigiriye uruzinduko muri ministeri y’uburinganire n’umuryango (MIGEPROF) mu rwego rwo kwigira ku Rwanda ihame ry’ uburinganire.
Uru ruzinduko, bagiriye muri ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango ngo ni somo rikomeye cyane bungukiye mu Rwanda, nkuko bitangazwa na ambassasdeur Guy Nestor waje uhagarariye iri tsinda.
IFOTO Y'URWIBUTSO IRIMO IMPANDE ZOMBI (CONGO & RWANDA)


Madame NYIRASAFARI Esperence uyobora ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, nyuma gutanga ikaze muri ibi biganiro bagiranye n’aba bayobozi, yashimiye cyane uru ruzinduko bagiriye muri ministeri.

“U Rwanda rwabonye byinshi bibi birimo na Genocide yakoretwe abatutsi, kugeza ubu abanyarwanda bazi neza icyo bakeneye, rero n’abagore ntibatanzwe mu iterambere ryabo” ibi ni ibyatangajwe na Madame NYIRASAFARI Esperence ubwo Aba bashyitsi basobanurirwaga  amavu n’amavuko ya ministeri nyuma y’ ibibazo byagaragaye mu Rwanda biturutse ku ngaruka mbi za genoside yakorewe abatutsi mu Rwanda 1994 aba bashyitsi baneretswe ibikorwa byakozwe n’ibindi biteganywa gukorwa hagamijwe kuzamura ihame ry’uburinganire mu Rwanda.
Bamwe mu bahawe umwanya bagarutse ku gushimira intambwe Minisiteri ikomeje gutera mu gushyira mu bikorwa ihamwe ry’uburinganire banavuga ko hari icyo bungukiye muri ibi biganiro bigeye kubafasha kunoza neza imikorere yabo.



Impande zombi zahanye impano ziriho ibisobanuro cy'uburinganire 

Ambasadeur GUY Nestor, waje uyoboye iri tsinda yabasangije uko uburinganire buhagaze mu gihugu cya Congo, agaragaza ko cyakora nubwo hari intabwe bamaze gutera ugereranyije nuko byahoze, hari aho bifuza kugera ibi byatumye baza kwigira ku Rwanda nk’igihugu kiri ku isonga.
Madame NYIRASAFARI abajijwe ibanga bakoresha yavuze ko ntabanga ridasanze uretse kuba  bumvikanisha neza inyungu ziva mu buringanire yongeraho kandi ko ari ibazo cya sosiyete: “societe igomba kumeye inyungu bakura mu buringanire, kandi biri no mumuco wo kubaha uburenganzira bwa muntu.”naho ku kibazo cy’uburezi bw’ ibanze ku bana b’abakobwa, Hon Minister NYIRASAFARI yavuze ko Ministeri ikurikiranira byahafi abana bagejeje Igihe cyo gutangira ishuri ifatanyije n’abandi bafatanya bikorwa kandi ko hari amahirwe angana igihugu gitanga mu burezi.

Ibiganiro bigana ku musozo, impande zombi zahanye impano nkikimenyetso kitazibagirana muri uru ruzinduko bagiriye muri Minisiteri hafatwa n’ifoto y’urwibutso.

U Rwanda rumaze kuba indashyikirwa ku Isi mu guteza imbere uburinganire nk’uko bigaragazwa na raporo zitandukanye zirimo nka ‘The Global Gender Gap Index’ yamuritswe 2017, Read more aho yarushyize ku mwanya wa 4 ku rwego rw’Isi nk’igihugu cyahize ibindi mu kwimakaza no guteza imbere ihame ry’ uburinganire n’iterambere ry’umuryango. Ni mugihe kandi indi Raport nayo irushyira ku mwanya wa mbere ku rwego rw’ Africa.




Figure 1 Ifoto y'urwibutso ku mpande zombi


Figure 1 Ifoto y'urwibutso ku mpande zombi


No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *