Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

July 17, 2018

Rutsiro: Urugo mbonezamikurire y’abana cya karambi (ECD) cyafunguwe kumugaragararo kizacumbikira abana 120


Nkuko tubikesha urubuga rwa MIGEPROF ngo, Iki uru rugo mbonezamikurire y’abana rwa Karambi rwubatswe mu murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro kubufatanye n’abafantanyabikorwa barimo Imbuto foundation, Tamari Foundation ndetse na UNICEF,  ni urugo rurimo inzu y’ibyumba bitatu, igikoni, aho kwidagadurira n’ibindi byinshi bizafasha abana 120 bari hagati y’imyaka 3 na 6 mu mikurire yabo.
Ubwo batahaga kumugaragaro iki cyigo kuwa 9 Nyakanga 2018, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Madame UMUTONI GATSINZI Nadine yashimiye cyane ubuyobozi bwa Imbuto foundation yashinzwe na nyakubahwa Madame Jennette Kagame n’abandi bafantanyabikorwa bafatanyije mu kubaka iki kigo muri aka karere, Yongera gusaba ubufatanye abaturage mugukoresha neza Buri kimwe cyose kigaragara muri muri iyi nyubako aho yagize ati “ Babyeyi, iki kigo ni icyanyu. Mugishyigikire  muzana abana banyu kugirango bahabwe servive gitanga. Ariko kandi Mukore cyane muharanira kwigira  mugihe abatera nkunga baba batagishobye kubafasha.”
ubwo bafungaraga ikigo mboneza mikurire y'abanakumugaragaro

Ubushakashatsi  bwakozwe n’ikigo DHS mu mwaka wa 2015 bwerekanye ko ikibazo cy’imikurire y’abana mu karere ka Rutsiro kiri ku kigereranyo cya 45.8% naho abari munis y’imyaka 5 bakaba ku kigereranyo cya 38%. Leta y’u Rwanda ikomeje ingamba zo kurwanya iki kibazo gisaba guhuriza hamwe imbaraga hakoreshejwe ingamba zitandukanye murizo harimo n’umugoroba w’ababyeyi nkuko Madame UMUTONI GATSINZI Nadine umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango abigarukaho.

Umuyobozi wa Imbuto foundation Sandrine Umutoni, yavuze ko uyu munsiwo gufungura kumugaragara iki kigo ari umunsi udasazwe kuri bo, aho abana bazajya bitabwaho mu mikuire yabo, yongeraho ko ubushake ari ubufatanye mu kongera imbaraga dufasha abana mu mikurire yabo, kuko ariko cyizere cya hazaza.
Guverineri w’ intara y’amajyepfo Munyantwali Alphonsi wari umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yavuzeko “imikurire y’umwana ihera mu miryango, umuryango nawo ugomba kugira ubumenyi bwihariye bwo kwita ku bana, uburenganzira kuva agisamwa. Ababyeyi mushake ubu bumenyi kugirango buri muryango nawo uzabe ikigo mbonezamikurire.
Iki kigo mboneza mikurire y’abana cya Karambi cyuzuye gitwaye millioni 64 z’amafaranga y’u Rwanda, gifunguwe kumugragaragaro  nyuma  y’amezi 9 ubwo nyakubahwa Madamu Jeannete Kagame  yashyiraga ibuye ry’ifatizo mu mwaka ushize.


No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *