Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

July 10, 2018

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango arasaba gushyirahamwe imbaraga mu kurwanya ikibazo cy’ imirire mibibi n’igwingira ry'abana biri mu miryango nyarwanda


.
 Kuri uyu wa gatanu tariki ya 22, 06, mu nama yagiranye n’abafantanyabikorwa bo mumujyi wa Kigali yavugaga ku bibabazo byugarije umuryango muri rusange, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Madame Espérance Nyirasafari yasabye abari nama gushyirahamwe imbaraga mu kurwanya ikibazo cy’ imirire mbibi n’igwingira  bikomeje kugaragara hirya no hino mu gihugu aho yagize ati: “dukeneye guhuza imbaraga twese uko duteraniye aha, kugirango turandure ikibazo cy’imirire mbibi igaragara mubana bacu bo mizero y’igihungu y’ahazaza. Ibi tuzabigeraho Dufatanyije namwe, ariko n’ababyeyi bagomba gufata iyambere munshingano zo kwita ku bana”
photo/internet/ MIGEPROF
Abari bitabiriye iyi nama barimo abahagarariye inzego za leta, izabikorera, amadini n’amashuri barebeye hamwe ingamba ku bibazo bigaragara mu muryango birimo amakimbirane mu miryango, imirire mibi, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, no kurwanya inda zitateganyijwe.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Madame Espérance Nyirasafari yijeje ubufatanye n’inzego zitandukanye zitabiriye iyi nama muri gahunda zitandukanye zizarushaho guhangana n’ibi bibazo bigaragara mu muryango.
Naho, Dr. Anita Asiimwe, umuhuzabikora wa National Early Childhood Development Program (NECDP wari muri iyi nama yavuze ko ababyeyi bagomba kugaburira indryo yuzuye abana kandi iteguranwe isuku maze kandi bakajya bajyana abana babo muri ECD kugirango nabo bitabweho mu mikurire yabo uko bikwiye. 
Mu bushakashatsi bwakozwe na DHS muri 2014 kugeza 2015 ryerekanye  ko igwingira ry’abana mu mujyi wa Kigali riri 23% kigereranyo cya 29% , 22% ndetse na 17% mu turere twa Nyarugenge, gasabo na kicukiro, iki kibazo gikomeje kwiyongera mu miryango ikennye by’umwihariyo yo mubice by’icyaro hakiyongeramo n’ingaruka zituruka ku mirire mibi ni mugihe.
Guverinoma y’urwanda ikomeje gushyiraho ingamba zitandukanye zirimo gukangurira abantu bose ‘Umugoroba w’Ababyeyi’ aho bigishwa ku kamaro ko guha ifunguro ryuzuye abana bari hagati y’imyaka 0-6 kugirango no gukangurira kwita kuri gahunda y’iminsi igihumbi y’ubuzima bw’umwana kuko ari ingenzi mu imikurire y’ubwonko bw’umwana.



No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *