Benitha Make Up

Benitha Make Up
Shine the moment with Professional Artist

Popular Posts

July 10, 2018

Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi kazi mu butumwa bw’amahoro muri sudan y’amajyepfo


kuri uyu wa 3 mu gitondo, Itsinda ry’abapolisi 160 biganjemo abagore 85 n’abagabo 75 nibwo ryari ku kibuga cy’indege aho ryerekeza mu gihu cya sudan y’amajyepfo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano.
Iki igikorwa kibaye nyuma y’uko Perezida Kagame yabitanzeho umuhigo, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye yabereye i New York muri 2015 inama yari igamije gushyigikira ubutumwa by’amahoro ku isi. Yahize kuzongera umubare w’abagore bayoboye abandi muri iyi gahunda.
photo internet/ MIGEPROF
Komiseri Mukuru Wungirije wa Polisi, Marizamunda Juvenal avuga ko ari ubwa mbere boherejwe ari umubare munini w’abagore muri iyi gaunda ya loni avuze ko Sudani y’Epfo iri mu bibazo by’intambara abantu benshi bakaba baravanywe mu byabo, ku buryo bakeneye kwitabwaho no kurindirwa umutekano.
“Mu bihugu byugarijwe n’intambara hari akarengane gakorerwa abagore n’abana, kohereza abagore benshi biri mu muhigo wo gushyigikra amahoro n’ihame ry’uburinganire” ibi yabitangaje nyuma y’inama n’impanuro mbere y’uko bahuguruka ku kibuga k’indege.
Umuyobozi w’iryo tsinda, ACP Teddy Ruyenzi, yagize ata” tumaze umwaka urengaho duhugurwa, twitegura neza ibyo tugomba, ubu turiteguye gufata inshingano kuba iryo tsinda rigizwe n’abagore bifite icyo bivuze. “usibye ibikorwa tuzahakora, tuzaba n’ijwi rirwanya ihohotera rishimgiye kugitsina niryo ryiganje”
Iri tsinsa ryiganjemo abagore 85 n’abagabo 75 nabandi barimo abagaga, abakanishi, n’abandi bazamara igihe cy’umwaka bakora imirimo itandukanye muri iki gihungu.
ryatojwe uko rizafasha abagore n’abana bagizweho ingaruka n’ibibazo byo muri sudan yepfo
Kugeza mu kwezi kwa gatandatu, police y’urwanda imaze kohereza abarenze 1000 mu butumwa bw’amahoro ku isi muri bihugu nka HAITI, South Soudan, no muri centre AFRICA



No comments:

Post a Comment

Thank you all

Twandikire

Name

Email *

Message *